• Amakuru / MU-RWANDA


Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhazi, mu Karere ka Rwamagana, nyuma y’igenzura ryakozwe bikaragara ko akekwaho gukora inyandiko mpimbano ngo ubutaka bwagenewe ubworozi bwubakweho.

RIB yavuze ko mu igenzura ryakozwe tariki ya 11 Ugushingo 2025 ryasanze imwe mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Rwamaganga hari site z’ubuhinzi cyangwa z’ubworozi zagabanyijwe mu buryo bw’amanyanga bituma hari ubutaka bwagenewe ubuhinzi buratangwa bwubakwaho.

Aya makosa yo kutubahiriza igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka muri Rwamaga byagaragaye ko hari abakozi bo mu mirenge babigiramo uruhare.

Tariki ya 19 Ugushyingo 2025 hafashwe Hnyurwimfura Egide, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhazi akekwaho kugira uruhare mu gukora inyandiko mpimbano ihesha uburenganzira umwe mu baturange bo mu murenge we, ngo ahari icyanya cy’ubworozi hubakwe inzu yo guturamo. Izi nyandiko zikaba zarasohotse ziriho umukono w’ushinzwe imicungire y’ubutaka.

RIB yavuze ko kuri ubu Hanyurwimfura Egide afungiye kuri sitasiyo ya RIB Kicukiro mu gihe dosiye iri gutunganywa ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha.

RIB yavuze ko iperereza rikomeje kuko byagaragaye ko ubutaka bwagenewe ubuhinzi cyangwa amashyamba bwakaswemo ibibanza by’imiturire.

Uyu muyobozi aramutse ahamwe n’icyaha cyo guhimba, guhindura inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano yahanishwa ingingo ya 276 y’itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange .

Iyi ngingo iteganya igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi, n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya 3.000.000 Frw ariko atarenga 5.000.000 Frw cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments