• Amakuru / MU-RWANDA


Igikomangomakazi Spéciose Bideri Mukabayojo, umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, yasezeweho muri Kiliziya ya Don Bosco i Nairobi muri Kenya mbere y’uko umurambo we woherezwa gushyingurwa mu Rwanda.

Mukabayojo wari umaze imyaka irenga 30 aba muri Kenya, yatabarutse tariki ya 27 Ukwakira 2025 ubwo yari ageze ku bitaro bya Mater biri i Nairobi. Umuryango we wafashe icyemezo cyo kumushyingura mu Rwanda.

BBC yatangaje ko mu gitambo cya Misa cyo gusezera kuri Mukabayojo, Innocent Butare uyobora umuryango w’Abanyarwanda baba muri Kenya yashimye ubumuntu n’ubupfura bwamuranze mu gihe yari akiriho.

Yagize ati “Yabaniye neza abantu bose kandi dusaba abana be gukomereza ku rugero rwiza rw’umubyeyi wabo.”

Yuhi V Musinga yategetse u Rwanda kuva mu 1896 kugeza mu 1931. Mukabayojo yari we mwana muri 15 b’uyu mwami.

Umuryango wa Mukabayojo uteganya ko azashyingurwa mu Rwanda tariki ya 29 Ugushyingo 2025 mu gihe nta mpinduka zabaho ku myiteguro.

Mukabayojo ari mu bana bahunganye n’Umwami Musinga ubwo yacirirwaga i Moba muri Repubulika Ihanarina Demokarasi ya Congo (Zaire y’icyo gihe.)

Mukabayojo aheruka mu Rwanda ubwo yari yitabiriye umuhango wo gutabariza musaza we, (Umwami Kigeli V Ndahindurwa) i Mwima ya Nyanza mu birindiro by’aho yimikiwe mu 1959 iruhande rw’ahari umusezero w’Umwami Mutara III Rudahigwa wari mukuru we.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments