Nyirubutungane Papa Léon
XIV yasabye mu buryo bwimbitse ko inzego zishinzwe umutekano mu bihugu
birebwa n'ibura ry’abantu, cyane cyane muri Nigeria no Cameroun,
zikora ibikwiye kandi vuba kugira ngo abashimuswe
barekurwe nta yandi mananiza.
Ku wa Gatanu ushize, abantu barenga 300 barimo abanyeshuri n’abarimu
bashimuswe n’abagabo bitwaje intwaro batamenyekanye, mu kigo gatolika cyo muri
Nigeria. Ibi byabaye bikurikira ibindi bikorwa byo gushimuta byinshi bimaze igihe bibera muri ibi bihugu
Mu butumwa bwe yatanze ku Cyumweru
mu isengesho rya Angelus,
Umushumba wa Kiliziya Gatolika yasabye ko amashuri n’amatorero hose ku isi yakomeza kuba ahantu hatekanye.
Papa Léon XIV yagize ati:“Namenye n’agahinda kenshi inkuru
z’abapadiri, abakirisitu n’abanyeshuri bashimuswe muri Nigeria no muri
Cameroun. Ndababaye cyane cyane ku bw’abahungu n’abakobwa benshi bashimuswe
n’imiryango yabo ifite intimba nyinshi .
Ndasaba
mu buryo bwimbitse ko abashimuswe barekurwa ako kanya, kandi nshishikariza
inzego zibishinzwe gufata ibyemezo bikwiye kandi byihuse kugira ngo ubuzima
bwabo bukizwe. Dusabire abo bavandimwe bacu, kandi dusabire ko amatorero
n’amashuri yose yaguma kuba ahantu hizewe kandi hatanga ibyiringiro.”
Mu rwego rwo gushimira abitabiriye
isengesho, barenga 60 000, Papa
Léon yashimiye kandi abapiligrimi
baturutse muri Ukraine, abifuriza gutahana mu gihugu cyabo ubutumwa bw’isengesho n’urukundo rwa Kiliziya.
Yibukije kandi ko ku wa Kane tariki
27 Ugushyingo azatangira urugendo rwe
rwa mbere rw’ubutumwa mu mahanga, ruzamujyana muri Turikiya kwizihiza imyaka 1700 y’Inama Nkuru y’i Nicaea, no muri
Libani. Yanatangaje ko yashyize
ahagaragara Ibaruwa y’Apostoli “In
Unitate Fidei”.
Like This Post? Related Posts