• Amakuru / MU-RWANDA


Itsinda ry’abahoze ari abasirikare ba Israel 14 basubijwe mu buzima busanzwe nyuma yo gukomerekera ku rugamba, basuye u Rwanda bishimira kugera bwa mbere ku mugabane wa Afurika.

Bageze mu Rwanda kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2025, bakirwa n’abarimo Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss.

Umwe muri abo abo bahoze ari basirikare biganjemo abamugariye ku rugamba mu gisirikare cya Israel ADF, Moti Harari, yavuze ko bishimiye kugera mu Rwanda kandi bizeye ko mu gihe cy’umweru bazarumaramo bazaba bazarwigiramo byinshi.

Yavuze ko abo bahoze mu gisirikare babarizwa mu kigo cya Beit Halochem gifatwa nk’inzu y’indwanyi, ifasha abakomerekeye ku rugamba mu gisirikare cya Israel.

Nubwo ari ikigo kigenga, Guverinoma ya Israel itanga ubufasha ku bigo nk’ibyo muri icyo gihugu birimo ibigera kuri bitanu mu rwego rwo kongera gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare binyuze mu bikorwa by’umuco, imyidagaduro na Siporo.

Yakomeje ati “Turi hano, twiteze kugira ibyishimo, no kureba umuco w’u Rwanda, ibyo mwaduteguriye byose kandi ibyo igihugu gifite kuri twe twakwiga.”

Yongeyeho ati “Ni urugendo rw’amateka kuri twe, Beit Halochem, abahoze ari abasirikare bacu bari bataragera muri Afurika by’umwihariko mu Rwanda.”

Umuyobozi Ushinzwe ibikorwa bya Siporo muri Beit Halochem, Miki Uzai, yavuze ko bakomeje guteza imbere imikino ndetse ko bakomeje kwitabira amarushanwa atandukanye kandi bakitwara neza ku ruhando mpuzamanga.

Yemeje ko kugera mu Rwanda ari ibintu bishimishije kuko ari ubwa mbere bageze muri Afurika.

Ati “Maze imyaka myinshi nkora muri Beit Halochem. Kuri njyewe ni ibintu bidasanzwe kuba ndi mu Rwanda kubera ko tutigeze tuba mu Rwanda. Twagiye i Paris, i Londres na Vancouver. Tuzi ko aha hihariye kandi turashimira Ambasade na Guverinoma yacu, Guverinoma y’u Rwanda na Perezida w’u Rwanda.”

Miki Uzai yavuze ko nubwo nta makuru menshi afite ku Rwanda, hari ibintu bike yarusomyeho birimo umubare w’abaturage barutuye no kuba ari igihugu gifite ubuhinzi bw’ikawa n’icyayi buteye imbere rwohereza mu mahanga.

Yanavuze ko azi ko umugabane wa Afurika hari ibihugu 54, u Rwanda rukaba ruri mu bihugu bya mbere.

Ati “Ndabizi ko muri igihugu kiri gutera imbere, iyo ugereranyije n’ibihugu 54 bigize umugabane wa Afurika kandi u Rwanda ruri mu bihugu byiza. Nizeye ko tuzabibona kandi tukabyishimira.”

Biteganyijwe ko aba basirikare basura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali bakunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bakanasobanurirwa amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside n’uko yahagaritswe.

Bazanagira umwanya wo gusura ingagi mu birunga, bakine imikino ya gishuti itandukanye irimo iya Basketball y’abafite ubumuga ‘Wheelchair Basketball’ n’ibindi bikorwa.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments