• Imyidagaduro / IBITARAMO

 

Umuramyi Richard Nick Ngendahayo uri mu Rwanda mu myiteguro y’igitaramo cye agiye kuhakorera nyuma y’Imyaka 17 aba muri Leta zunze ubumwe z’Amerika yise  Niwe Healing Concert yagaragaje amarangamutima menshi agirira umugore  amushimira imbere y’Imbaga .

Ibi  yabikoreye mu kiganiro n’Itangazamakuru  cyabye ku mugoroba wo  ku wa Kabiri Tariki  ya 26 Ugushyingo muri BK Arena aho yari kumwe n’abafatanyabikorwa be ndetse n’abaterankunga bateyeicyo gitaramo  inkunga  utibagiwe n’abanyamakuru batandukanya bari  bitabiriye  icyo kiganiro .

Mu  Ijambo rye uhagarariye sosiyete ya Fill The Gap Madamu Natasha  yashimiye abaterankunga ndetse  n’Itangazamakuru muri rusange uruhare ryagize  kugira imitegurire y’icyo  gitaramo cya  NIwe Healing Concert kigende neza aho babashije kugera  mu bitangazamakuru hafi ya  byose  bamenyekanisha icyo gitaramo .

Yakomeje yizeza abakunzi ba Richard Nick Ngendahayo ko  ibyo  bamutegerejeho byose  azabibaha abasaba  kugura amatike ari benshi ari  nako abasa kwirinda abagurisha amatike batabazi kuko hakunda kuba ibikorwa bitari  byiza  by’ubujura ugasanga biteje ikibazo  ku munsi w’igitaramo .

Ku ruhande rwa Richard Nick Ngendahayo wagaragazaga akanyamuneza kenshi ko kuba agiye kongera  gutaramira mu Rwanda  yabajijwe ibibazo byinshi  cyane  bigendanye na Alubumu ye  yakunzwe n’abanyarwanda  amamiliyoni ndetse n’ubu ikaba iri mu zikunzwe mu Rwanda  nyuma y’imyaka 17 isohotse .

Yagize ati “ njye sindi umwamnditsi mwiza w’Indirimbo ariko ndababwiza ukuri  ko  indirimbo zanjye zose nzohererezwa na Mwuka wera mu gihe ryamye  nkabyuka  nkjya muri studio nkazikora nk’abandi bose Imana yonyine ikazigeza  aho ishaka  bikba rero ari amashimwe akomeye cyane kuri njyewe .

 

Abajijwe kuri Alubumu ye Niwe yavuze ko yayiherewe mu ndege. Impamvu Imana yayimpereye mu ndege niyo yonyine ibizi.”

Ayo masaha make y’igicuku hagati y’ikirere n’isi ni yo yabyaye ubutumwa bwamugendereye mu mutima mu buryo budasanzwe.

Aho ni ho haturutse indirimbo zahinduye ubuzima bw’abantu benshi “bavuye mu byaha, barakizwa.” Ni yo mpamvu iyi Album yahindutse ikirango cye—icyo aheraho yubaka icyerekezo gishya cy’umuziki we.

Richard Nick avuga ko iyi Album yakoze ku bantu “barenga miliyoni nyinshi,” ibintu yemeza ko atigeze atekereza mbere. Ubutumwa bw’izo ndirimbo bwageze no mu nzu atigeze asura, ku mitima atigeze ahura nayo, ku byiyumviro, abantu benshi batabashaga gusobanura kugeza bamubwiye uko bayibayemo.

Aho ni ho ahera avuga ko iki gitaramo cye kiri gutegurwa muri BK Arena kitazaba icyo kumurika Album nshya, ahubwo kizaba umuhango wo gusoza paji ya ‘Niwe’ no gutangira indi nshya.

Richard yahishuye kandi ko  nyuma y’iki gitaramo cyo afite gahunda yo gukora uruhererekane rw’ibindi bitaramo azakorera mu bihugu birimo Amerika, Canada, Australia, i Burayi no mu bindi bihugu bya Afurika byamutumiye.

 

Ubwo undi  munyamakuru  yamubazaga ku ruhare rw’umugore  we  nawe bazanye  hano mu Rwanda Richard n’ibyishimo byinshi  yagize ati “ Reka mbabwire ikintu kimwe  rero mfite  umugore mwiza cyane  nkunda mubona hano , Umuntu  ufite  ibintu byinshi akora  muri Amerika ariko yarabiretse afata indege  turazana  , rero  ndashjaka kubabwira ko ari inshuti  yanjye y’akadasohoka  kuko akora byinshi  cyane ,kugira  ngo ibikorwa byanjye byose bigende neza .

Ati  n’ubwo ndi  umuramyi uko mu mubona hano  arasenga  cyane kundusha ku buryo afata  umwanya munini wo  kunsengera bigatuma rero nanjye muhora iruhande mu bikorwa ndamukunda cyane kandi ndashaka  kumubashimira imbere  yanyu  mwese .

Biteganyijwe ko  muri iki gitaramo cyo  ku wa 29 Ugushyingo 2025 Umunyamakuru akaba n’umushyushyarugamba, Tracy Agasaro  ariwe uzaba ariwe musangiza w’amagambo  , mu gihe abandi bahanzi bashobora  kuzafasha Richard muri iki gitaramo  bo agaseke kabo kazafungurwa  kuri uriya munsi utegerejwe  na benshi .

Abifuza kugura amatike basabwe  kuyagurira ku ku rubuga www.ticqet.rw cyangwa bagakoresha *513*01#





 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments