• Imyidagaduro / ABAHANZI

??Mu mpera z’icyumweru  gishize muri Kigali  Universe habereye igiataramo cyo kwizihiza  Imyaka 5 Papa amaze mu muziki ariko nyuma hakaza kuvugwa amakimbirane  hagati y’uwo muhanzi  n’ubuyobozi bwa Kigali Universe .

Ibyo bibaye nyuma yaho  uyu  muhanzi  ku munsi w’ejo  yashyize  ubutumwa buvuga uko yahemukiwe na Kigali  Universe aho yanditse agira  ati” Kigali Universe ntabwo muri abantu beza, nyuma y’igitaramo mwaramfunze mu buryo butemewe kuva saa munani kugeza mu gitondo saa kumi n’ebyiri […] mwibaze ko igitaramo nahakoreye, amafaranga yose n’imbaraga nashoyemo yewe n’abantu barenga igihumbi baje kunshyigikira ngo nta n’ijana bampaye.”

Ubuyobozi bwa  Kigali Universe nyuma yo kubona ayo  magambo bwahakanye ayo makuru ari kuvugwa n’uyu muhanzi ko ibyo avuga bitabayeho

Kenny Mugarura ushinzwe ibirori n’ibitaramo muri Kigali Universe yahakanye amakuru yo gufunga Papa Cyangwe, ahamya ko iyo biba byarabaye atari ibintu yari bumarane iminsi itatu.

Ati “Tuvugishe ukuri, ntabwo abantu bagufunga binyuranye n’amategeko mu Rwanda nta n’uwakwambura telefone ngo umare iminsi itatu nta rwego uriyambaza, noneho naho uviriyeyo ngo uvuge nabwo ntugane inzego ahubwo ukabikwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga.”

Kenny Mugarura yavuze ko ikibazo cyabayeho ari uko wenda Papa Cyangwe yakoze igitaramo ibyakivuyemo ntibihure n’ibyo yifuzaga ibyo we yakwita guhomba, bityo aho kwiyakira agashaka gutera ubwoba Kigali Universe yifashishije imbuga nkoranyambaga.

Rugaju Reagan umuvugizi wa Kigali Universe we yatangaje ko uyu muhanzi yasubira mu masezerano akareba icyo yavugaga, bityo icyo yabona kitubahirijwe akaba aricyo yaburana ariko aho azi ko yabeshyeye iyi nyubako ho akaba yayisaba imbabazi.

Ku kijyanye no kuba uyu muhanzi yarafungiwe muri Kigali Universe, Rugaju yavuze ko ataribyo, ahamya ko ayo ari amakuru atangaje kuko nyuma y’igitaramo uyu muhanzi yagize umwanya wo kuganira no kurangizanya n’abari bamukodesheje ibyuma (yari yakuye hanze y’iyi nyubako) kuko hari ibyo atari yabishyuye.

Aha niho Rugaju yahereye ahamya ko kuba abantu bakwicara baganira ku ku buryo bishyurana ataribyo byakiswe gufungwa.

Abajijwe ku bijyanye no kuba uyu muhanzi atarabonye amafaranga, Kenny Mugarura yavuze ko icyo uyu muhanzi yakabaye akora ari ugusoma amasezerano bagiranye ubundi akaba yabaza uko iby’amafaranga bihagaze bakamwereka buri kimwe.

Ikindi uyu muyobozi yagiriyeho inama Papa Cyangwe ni uko mu gihe yaba atanyuzwe n’ibyo yeretswe yagana inkiko kuko Kigali Universe ari ikigo gikorera mu Rwanda rukurikiza amategeko aho gukomeza kugiharabika.


 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments