• Imyidagaduro / ABAHANZI

??Umuhanzi  akaba n’umuhanga mu gutunganya  Umuziki washinze  inzu ifasha abahanzi ya Mavin Record  Michael  Collins Ajereh uzwi nka  Don Jazzy yatangaje ko adashoboora  kwiyunga  n’uwahoze ari  umugore Michelle  Jackson

Muri Mata 2021 nibwo Don Jazzy nibwo yatangaje ubuzima bwe  bw’urukundo  ariko nyuma yahoo urugo rwe ruza gusenyuka rutamaze kabiri

Don Jazzy yavuze  ko kiriya gihe  yashakaga gukora cyane ibijyanye  n’umuziki we bikaba  aribyo  byabaye  intandaro y’ibibazo by’urushako rwe  , bituma  we n’umugore batandukana  nyuma y’imyaka ibiri babanye

Mu kiganiro aherutse kugirana n’abafanabe kuri X, umwe yamubajije impamvu adasubirana n’umugore we wa  mbere  babanga  kabone ko nyuma yo  gutandukana uyu mugabo atongera gushaka undi mugore .

Don Jazzy yamusubije ko bitashoboka kuko uwahoze ari umugore we  Michelle Jackson yashatse undi mugabo.

Nubwo bimeze gutyo  uyu mugabo  yakomeje avuga  ko yishimira byinshi amaze kugeraho mu rugendo rwe rwa muzika ndetse anishimira uruhare yagize  mu iterambere  ry’abahanzi bakomeye muri Nigeria bakomeye muri Afrobeats barimo Wande Coal, Tiwa Savage, Reekado Banks, Rema, na Ayra Starr.

 Don Jazzy yashimangiye ko adateganya  kongera gushaka  undi mugore vuba, kuko abona umwuga we  w’umuziki ushobora kongera gutera  amakimbirane n’ibibazo mu mubano w’Urushako.

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments