?Umuvugizi
w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko
Yampano n’umukunzi we nabo bari gukorwaho iperereza ngo harebwe niba nta ruhare
bagize mu gusakaza amashusho yabo bari gutera akabariro.
Ibi
Dr Murangira B Thierry yabitangaje kuri uyu wa mbere tariki ya 01 Ukuboza 2025 mu
kiganiro n’itangazamakuru ku cyicaro
gikuru cya RIB ku kimihurura
Dr. Murangira yavuze ko mu gihe
iperereza ryasanga hari uruhare babigizemo nta kabuza nabo amategeko
yabakurikirana.
Ati “Kumva ko Yampano yahanwa
biracyakorwaho iperereza niba hari uruhare yaba yaragize mu kuba aya mashusho
yaragiye hanze, igihe byagaragara ko yabigizemo uruhare we n’uwo bari kumwe
bazakurikiranwa.”
Ku rundi ruhande, Dr. Murangira yavuze
ko RIB iri gukurikiza itegeko uko ryanditse aho kurigenekereza bitewe n’uko
buri wese abitekereza.
Ati “RIB ikurikiza itegeko uko riri,
ntabwo irikurikiza uko ryagombye kuba rimeze bishingiye n’ibyo abaturage
bavuga, irikurikiza uko riri n’uko ryanditse niyo mpamvu ryandikwa
rigakurikizwa kuriya.”
Aha yahise asomera abanyamakuru Ingigo
ya 34 y’itegeko riteganya gukumira ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga, ivuga ku
gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina
hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa.
Ati “Ntabwo itegeko rivuga kwifata
amashusho, ubwo rero murumva ko ryakoreshejwe uko riri […] kugeza ubu turi
gukurikiza itegeko uko riri n’uko ryanditse, gushyira ahagaragara ntabwo rivuga
kwifata amashusho kuko tugiye kuvuga ngo abayifata, ababikora ntajye hanze ni
benshi.”
Dr. Murangira yasabye abifashe amashusho
nk’aya kuyasiba cyangwa bakayahisha kure ku buryo atazabacika.
Like This Post? Related Posts