• Imyidagaduro / IBITARAMO

????????????Mu gihe hasigaye amasaha atagera kuri  72 kugira ngo umuhanzi Davido gitaramire I Kigali mu rwego rwo kumenyekanisha alubumu yise  5IVE hashyizwe hanze ibiciro  byo kwinjira mu musangiro  wo  guhura aho igiciro  cyo kwinjiria cyikubye inshuro azemerera umunyarwanda kujya  mu gitaramo  cye .

Munitangazo Intore  Entertainment  iri gutegura icyo gitaramo ku bufatanye na Skol bashyize hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki  ya  02 Ukuboza 2025 rivuga ko Davido yifuza  kuzabanza  guhura n’abakunzi  mu birori bya Meet& Greet bizaba bikomeye cyane  kuko nkuko ikipe ifasha Davido yabisabye bigomba kuzaba bihenze  cyane kurusha  kwinjira mu gitaramo azakorera  muri  BK Arena ,

Muri  iryo tangazo  Intore Entertainement  bashishikarizaga abanyarwanda  kugura itike yo guhura Davido  bagasangira ndetse bagafatana n’amafoto ryagira riti “ Wa Munsi  uregereje waba  waraguze itike yawe ?

Uyu musangiro amakuru BTN Rwanda ifitiye gihamya ni uko  bamwe mubagwizatunga ba hano mu Rwanda  bamaze gufata imyanya ya mbere kugira bazagirane  ibihe byiza na Davido  nta muvundo

Nkuko  iryo tangazo ribivuga kwinjira  mu musangiro  wa Davido  uzabera kuri imwe mu mahoteli meza  ari mujyi wa Kigali yitwa Pinnacle Kigali iherereye ku musozi wa Rebero aho buri wese  uhasohokeye aba yitegeye  ubwiza bwa Kigali mw’ijoro ndetse  yumva amahumbezi yo kuri  uwo musozi.

Kwinjira muri uwo  musangiro nkuko Intore Entertainment yabitangaje  bizaba ari ibihumbi 300Frw ku muntu naho ameza y’abantu 4  bikaba  Miliyoni  1 n’ibihumbi 1000 na  miliyoni 1 n’ibihumbi 500  ku meza azaba yicayeho abantu batandatu .

.Biteganyijwe ko igitaramo cya 5Ive’, igizwe n’indirimbo 17 zirimo iyo yakoranye n’abahanzi nka Chris Brown, Omah Lay, Shenseea, Musa Keys, Tay C, Dadju n’abandi kizaba  kuri uyu w gatanu  Tariki ya  05 Ukuboza 2025 muri BK Arena.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments