• Imyidagaduro / IBITARAMO

?Ku mugoroba wo ku wa Gatanu Tariki ya 05 Ukuboza 2025 muri M Hotel habereye ibirori bya Zacu Gala Night byitabiriwe n’ibyamamare muri Sinema ndetse no mu muziki .

Ibi birori byari bibaye ku nshuro yabyo byaranzwe n’imyambarire idasanzwe ku byamamare bitandukanye byari byitabiriye ibyo birori


Mu ijambo rye Minisitiri muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ubugeni, Sandrine Umutoni, yahamagariye abakinnyi n’abakora muri sinema gukomeza gushimangira ubufatanye mu gukora filime, haba mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga, avuga ko ubufatanye ari ingenzi mu iterambere ry’uru rwego.

Ibi yabivugiye mu birori ngarukamwaka bya Zacu Gala, byahuje abakinnyi ba filime, ab’ibijyanye n’imideli, abaririmbyi, abayobora filime n’abandi bahanzi mu rwego rwo kwizihiza ibyagezweho mu ruganda rwa filime mu Rwanda mu mezi 12 ashize.

Ni ku nshuro ya kabiri ibi birori bibaye, kandi byagaragaje ukwiyongera kw’ingufu n’iterambere riri kugaragara muri sinema nyarwanda.

Umutoni yashimye iterambere rya sinema nyarwanda, asaba abanyamuryango gukomeza kwibanda ku nkuru z’ukuri no gukorera hamwe

Umutoni yashimye uko uruganda rwa filime mu Rwanda rukomeje gutera imbere, anashimira abarikoramo uburyo bakomeza gushingira ku nkuru z’ukuri n’umuco nyarwanda mu byo bakora.

Yagize ati:
“Uyu munsi turahimbaza ubuhanzi, ubwitange n’ubudasa bw’abahanzi—abashobora guhindura ibitekerezo inkuru, n’inkuru zikagira icyo zigaragariza sosiyete.”
Akomeza agira ati:
“Iyo dukoranye, ntituzamura filime gusa, ahubwo tuzamura uru rwego rwose.”

Minisitiri Umutoni yagaragaje ko inganda ndangamuco zirushaho gutera imbere iyo abahanzi n’abanyamwuga bakorera hamwe, baba ab’uruhande rwa filime, umuziki, imideli ndetse n’abafite ubumenyi bw’umwuga mu by’ubugeni n’ubukanishi.

Yongeyeho ati:
“Filime ikenera umuziki. Filime ikenera imideli. Filime ikenera ubumenyi bw’abahanzi n’abatekinisiye. Iyo ibi byose bikoranyije, ni bwo dukora ibintu bifite ireme kandi bihangana.”



Wilson Misago, umuhanzi wa filime akaba na CEO wa Zacu TV Entertainment, yunze mu ijambo rya Minisitiri, agaragaza ko hakenewe ubufatanye bufite ubutwari n’ubuhanzi bushya buhuza inzego zitandukanye, ntibugarukire gusa ku ruganda rwa sinema.

Misago yavuze ko igihe abahanzi bahura bakagendera hamwe mu bitekerezo bishya, uruganda rwa sinema rwinjira mu yindi ntera, rugatanga ibisubizo bishya kandi binyuramo udushya:

“Ubufatanye butagera ku mbago z’inganda gakondo tubarizwamo ni bwo butuma dukora imirimo ikora ku buzima bw’abantu kandi ifite isoko mpuzamahanga,” yavuze.

Misago yakomeje ashimangira ko uruganda rw’ubuhanzi rutagomba kugira imipaka, ahubwo ko rugomba gukangurira abantu kugera kure mu guhanga udushya.

Yagize ati:
“Mbese twabona abakinnyi ba filime baba muri za video z’indirimbo? Abahanzi bakina muri filime? Abambariye imideli binjira muri sinema? Hari amahirwe menshi abantu bakwiye gutinyuka bagatangira kwinjiramo,” yavuze Misago.

Yatanze urugero rw’ahazaza atekereza, aho abahanzi bakomeye mu Rwanda nka The Ben cyangwa Knowless Butera bashobora kugaragara muri filime—uburyo bwo guhuza impano no kwambuka imipaka y’inganda zitandukanye, bikaba byatuma uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rufata isura nshya.

Misago yongeyeho ko urwego rwa sinema mu Rwanda ruri kugaragaza icyizere gikomeye, kandi rukomeje kwiyubaka ku buryo rushobora gukurura ubufatanye bukomeye mu gutunganya filime buvuye mu bihugu nka Afurika y’Epfo na Nijeriya.

Yavuze ati:
“Dufite abantu bafite impano, kandi dutegereje ubufatanye bwinshi n’abayobora filime mpuzamahanga. Turimo gusana, kuvugurura no kugerageza kuva mu rwego rw’imbere mu gihugu.”

Ibikorwa bya gala byanagaragiwe n’imyiyereko y’umuziki irimo ingufu, aho abahanzi ba Kina Music, barimo Nel Ngabo na Zuba Ray, bashimishije abitabiriye binyuze mu ndirimbo zikunzwe.

Ikindi cyasize icyibatsi mu ijoro ry’iki gikorwa ni red carpet, aho abitabiriye bafashe amafoto yihariye, berekana imideli y’indashyikirwa, kandi bashima byimazeyo ibyegeranyo bya ba rwiyemezamideli b’Abanyarwanda bose bagaragaza ubudasa n’ubuhanzi Zacu Gala ishaka guteza imbere.

 













Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments