• Imyidagaduro / IBITARAMO

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki 06 Ukuboza 2025 muri Kaminuza Nkuru y’U Rwanda I Butare habereye igitaramo cyasozaga igikorwa cya Minuza Festival cyari cyateguwe na AIRTEL RWANDA ku bufatanye na BRD na Kaminuza y’u Rwanda.

Uwo munsi wari waranzwe n’ibikorwa byinshi bitandukanye byo kubashishikariza kumenya uko bajya bakoresha buruse zabo bahabwa na BRD binyuze muri Airtel Money .

Ubwo hasozwaga uwo munsi mu gitaramo mbaturamugabo cyari kitabiriwe ‘abayobozi batandukanye barimo abo muri Airtel na BRD barangajwe imbere n’umuyobozi mukuru wayo Sayizonga Kampeta na bandi benshi .

Mu kiganiro kigufi na John Magara ushinzwe kwamamaza ibikorwa bya Airtel Rwanda yavuze ko bifuje gutaramana n’abanyeshuri bo muri Kaminuza muri izi mpera z’uyu mwaka kugira babashe kumenya uko bazajya bakoresha buruse zabo biroheye binyuze muri serivise bahabwa .

Ahagana kw’isaha ya Saa Moya nibwo umuhanzi Ruti Joel yarageze ku rubyiniro ahamagawe n’abashyushyarugamba Mc Buryohe na Mis Muyango Claudine maze mu mudiho gakondo Ruti Joel afashijwe na Kesho Band yakoze live abanyeshuri bo muri Kaminuza bamwereka urukundo rudasanzwe kugeza ubwo yavaga ku rubyiniro .

Nyuma gato ya Ruti Joel Dj Briane umwe mubakunzwe cyane hano mu Rwanda yahamagawe ku rubyiniro maze abanyeshuri babanza kumubaza aho yasize Tesha ahita amuhamagara ku rubyiniro babaganiriza iminota mike maze Itsinda ribyinira Dj Briane naryo rikanyuzaho gato mu mbyino ziganjemo amapiano .

Itorero rya Kaminuza nkuru y’u Rwanda naryo ryasusurukije iyo mbaga y’abanyeshuri yari yuzuye ikibuga cya Kaminuza ribyina zimwe mu ndirimbo zaryo.

Umuhanzi Kevin Kade yageze ku rubyiniro agahana saa tatu zibura maze yakiranwa urugwiro afatanyije n’ababyinyi be Kevin kade nawe yatanze ibyishimo kuva yagerags ku rubyiniro kugeza asoje aho yaririmbye indirimbo ze hafi ya zose zakunzwe nabatari bake .

Kw’isaha ya saa tatu na 45 nibwo umuraperi Riderman yageze ku rubyiniro nk’umuntu wari umaze iminsi ataramiye muri Kaminuza mu birori bya Isango na Muzika yaje yahinduye indirimbo yabaririmbiye ubwo ahaheruka ,Uyu mugoroba yaririmbye zimwe mu ndirimbo za kera zakunzwe ndetse nizo yakoranye na bantu maze barasimbuka ivumbi riratumuka .

Riderman yavuye ku rubyiniro ahagana sa ine n’igice nibwo yavuye ku rubyiniro maze ashimira abafana be muri Kaminuza ndetse n’abateguye icyo gitaramo cya Minuza Festival  











Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments