• Amakuru / MU-RWANDA


Kuri sitasiyo ya RIB ya Gihango mu Karere ka Rutsiro hafungiye Mugisha Fabien w’ imyaka 19 na Nzabonimpa Jean d’Amour w’imyaka 20, bakurikiranyweho gukubita mugezi wabo witwa Habimana w’imyaka 19 bikamuviramo urupfu, bapfa amabuye y’agaciro.

Bivugwa ko bari bacukuye ayo mabuye bose, amafaranga avuyemo uyu nyakwigendera  akayabimaho bityo bagashyamirana bikarangira bamwishe.

Uwatanze aya makuru, ahamya ko aya mabuye bayacukuye aho yari atagicukurwa hatemewe n’amategeko, bayatunganyiriza mu mugezi witwa Ntaruko bose bari kumwe.

Icyo gihe barangije bayahisha mu ishyamba rya Leta riri hafi aho, bagiye gushaka abaguzi, Habimana abaca ruhinga inyuma, aragaruka arayahishura ajya kuyagurisha.

Avuga ko abo bagenzi be banaturanye mu Mudugudu wa Kiriba, Akagari ka Kagano, Umurenge wa Mukura, Akarere ka Rutsiro, aba bose bakaba banafitanye isano, baje kuyareba aho bayahishe barayabura, baramukeka, baramushakisha bamubonye baramukubita.

Ati: “Bamukubise mu ma saa yine z’amanywa abaturage barabakiza, bose baza gutaha.”

Arakomeza ati: “Habimana yaratashye araryama ababyeyi be batashye mu ma saa tanu z’ijoro bakomanze mu cyumba cye urugi rwari rwegetseho bumva ntakoma, barakingura bamukozeho bumva atanyeganyega bamurebye basanga yapfuye.”

Avuga ko bahise batabaza, abaturanyi, ubuyobozi na RIB barahagera, umurambo ujyanwa gukorerwa isuzuma, abo basore bakekwaho kumwica batabwa muri yombi.

Undi muturanyi w’ uyu muryango yagize ati: “Mu minsi nk’iyi yegereza iminsi mikuru isoza umwaka usanga abasore benshi bari mu nzira z’ubusamo bameze nk’abashakisha ku ngufu amafaranga yo kwinezeza kuri Noheli n’Ubunani.”

Yunzemo ati: “Usanga baniroha mu birombe bitagicukurwamo amabuye y’agaciro ari benshi,bamwe bakabigwamo abandi bakicana mu buryo burimo na buriya twabonye.

Ubuyobozi bukaze ingamba z’umutekano w’ahatagicukurwa amabuye y’agaciro. Bitabaye ibyo hazavuka n’ibindi bibazo by’umutekano muke muri biriya birombe.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura, Ndayambaje Emmanuel yahamirije Imvaho Nshya aya makuru, avuga  ko abo basore bafashwe,bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gihango.

Ati: “Bafashwe, bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gihango. Ibindi biri mu iperereza ni ryo rizaduha ukuri nyako, kuko bamaze kumukubita abaturage babakijije.

Atashye,aryamye ababyeyi be batashye bamukozeho basanga yapfuye, hakekwa abo barwanye. Iperereza rya RIB n’isuzuma rya muganga bizaduha ukuri nyako.”

Yasabye abaturage kwirinda no gukumira urugomo kuko ingaruka zarwo ari mbi cyane.

Yavuze ko abagiranye ikibazo bakwiye kwirinda ibyo kwihanira bakegera ubuyobozi cyangwa abandi bizeye bakabakiranura.

Yanavuze ko ubuyobozi bwafashe ingamba zo guhangana n’ urugomo,ubusinzi,ubujura n’ibindi biteza umutekano muke mu minsi mikuru ya Noheli n’ubunani kugira ngo abaturage bazarye iminsi mikuru batekanye.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments