• Amakuru / POLITIKI


Inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zemeje ko zafashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira zaherukaga gufata.

Umujyi wa Uvira ufatwa nk’uwa kabiri nyuma ya Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, M23 igifata uyu mujyi byateje ururondogoro ahanini bitewe n’uko ari wo wari usigaye ku barwana ku butegetsi bwa Congo.

Igihugu cy’Uburundi nk’umufatanyabikorwa wa Leta ya Congo muri iyi ntambara ni kimwe mu byari byagizweho ingaruka zikomeye n’ifatwa rya Uvira kuko ingabo zabwo zahise zisubira mu Burundi izindi zihungira mu misozi miremire ya Fizi na Minembwe n’ubundi muri teritwari ya Uvira.

Itangazo ryashyizweho umukono n’umuyobozi wa AFC/M23 kuri uyu wa 15 Ukuboza 2025 riravuga ngo “AFC/M23 yiyemeje gukura ingabo zayo mu mujyi wa Uvira ku bushake hakurikijwe icyifuzo cy’ubuhuza bwakozwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) yakomeje ivuga koi bi binagamije guha amahirwe ubuhuza bukomeje gukorwa burimo n’ubukorwa n’igihugu cya Qatar ndetse ngo ni no mu rwego rwo kubahiriza amasezerano yasinywe ku wa 15 Ugushyingo 2025 i Doha.

Icyakora AFC/M23 yanashimangiye ko muri uko kurekura Uvira hazakenerwa abagomba guhagarara hagati bakanareberera abatuye muri Uvira kuko ngo byagaragaye ko mu bihe byashize iyo iri huriro rigize agace rirekura kahitaga kigarurirwa na FARDC n’Abafatanyabikorwa bayo maze bakabuza amahwemo abasivile cyane cyane abavugwaho ko bashyigikiye AFC/M23.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments