• Amakuru / MU-RWANDA


Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze umucyo ku kibazo cy’amabuye y’agaciro akomoka muri Congo bamwe bemeza ko u Rwanda ruyiba icyo gihugu.

Umukuru w’igihugu yagarutse kuri iyi ngingo ubwo yatangaga igitekerezo mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 20 ubwo yabazaga abakora mu bijyanye n’ubucukuzi bw’Amabuye y’agaciro ingano y’ayo bakura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame yagize ati “Ndagira ngo mbabaze percentage (Ijanisha) ry’ayo bakura muri Congo. Ibyo bacuruza baze kwibuka batubwire ni bingahe biva muri Congo ? ni bingahe biva mu Rwanda?”

Ni ikibazo cyahise gisubizwa n’ Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Mine, Peteroli na Gazi, Alice Uwase aho yagize ati “ Ntabwo dukeneye amabuye ya Congo kugira ngo dutere imbere, imisozi yacu irimo amabuye, icyo dusabwa cyonyine ni ukumva agaciro kayo, tugashyiramo imbaraga tukagira icyerekezo kirambye, tukareka kohereza amabuye atanoze tukamenya no kuyatunganya, ndetse tukaba twanaba n’ihuriro ry’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro muri aka gace.”

Perezida kagame yahise yongera gufata ijambo kuri iyi ngingo maze atanga umucyo ko icyo u Rwanda tukora ari ugutunganya amabuye yaba ayarucukurwamo ndetse n’ayaba aturutse n’ahandi hose.

Ati “Amabuye y’agaciro turamutse tuyatunganyije, aho yava hose ntabwo bikwiye kuba ikibazo, kubera ko n’ujya gukurikirana abantu bose bari mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro cyane cyane ibi bihugu biteye imbere byirirwa bidukurikirana ku mabuye y’agaciro, nta mabuye y’agaciro bagira ariko bayungukiramo kurusha abantu bose, bayavana hehe?”

Akomeza agira ati “ Ubwo ni ukuvuga ngo amabuye yacu tuvana muri Congo atugeraho tukayatunganya, ntihakagira asigara mu gihe ari mu nzira aza iwacu, ni cyo biba bivuze, ariko arajya iwanyu kubera iki? Inzira yose agenda kuki hatagira n’ugira icyo avanamo?”

Umukuru w’igihugu yasobanuye ko nta na hamwe hari amategeko yanditse avuga ko abantu batagomba kugira icyo bakora ku mabuye abanyuraho ngo bagamije kuyarekera abandi ngo abe ari bo bayatunganya, asobanura ko u Rwanda nk’Igihugu gituranye n’Uburasirazuba bwa Congo hari inzira giha abaturuka muri ako gace kandi ko badahabwa inzira bonyine ko ahubwo bayihabwa hamwe n’ibyo baba bafite.

Amabuye y’agaciro yo mu gihugu cya Congo ni kimwe mu bikunda gushingirwaho n’abashinja u Rwanda gushoza intambara muri Congo bavuga ko ruba rujyanwe no gusahura ayo mabuye.

Muri iyi nama umukuru w’Igihugu akaba yasobanuye ko ikijyana u Rwanda muri Congo ari ikibazo cy’Interahamwe ziri muri icyo gihugu zifite ingengabitekerezo ya Jenoside n’umugambi wo guhungabanya u Rwanda kuva zaruhunga zimaze gukora jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments