• Imyidagaduro / IBITARAMO

Mu  gihe abanyarwanda  bari mu bihe byo gusoza umwaka  bamwe mu bategura ibitaramo  bakomeje gutegura  ibirori  buhuriramo inshuti .

Mu kiganiro na Minani Jean Baptiste wateguye  ibyo birori yatangarije  BTN Rwanda impamvu yateguye uwo  munsi yagize ati “ni uburyo bwiza nabonyebwo kuganiriza imiryango yubatse mu rwego rwo gukomeza kubaka umuryango mwiza .

Minani Jean Baptiste  yakomeje  avuga ko uwo  mugoroba uzarangwa  n’amarangamutima menshi aherekejwe n’indirimbo nyinshi z’urukundo ndetse ubutumwa bwinshi harimo ubuhamya bw' ubuzima yaciyemo mu rukundo

 Yagize  ati  Romantic Night Hub ni ubwa mbere igiye kubera  mu Rwanda ifite  intego yo  kuzamura  urukundo  mu bakundana

Aho intego nyamukuru yayo kubazayitabira bazabasha kungukiramo ibiganiro bifite intego zitandukanye Kandi zifasha abantu kwagura imitekerereze byumwihariko kugice cy'amarangamutima.

Yongeyeho ko guhuza abantu bakundana cyangwa abashaka kwiga ku rukundo bizagira  ireme

Ikindi  kintu  cyatumye  bategura uwo  mugoroba  harimo gutoza urubyiruko uko bakunda mu buryo bwubaka, butari ubwo gushukwa n’amarangamutima y’igihe gito.


Ku ruhande  rwa  Minani Jean Baptiste usanzwe azi ku mazina ya Mr romantic,yagize ati njye ubwanjye mfite ubuhamya ko umuryango wangirika bitewe nuko wubakwa utateguwe bisesuye hamwe usanga umusore n'umukobwa bajya mu rukundo umwe akina undi,bikarangira babanye ariko umwe akuriyeho undi inyungu mu bintu bifatika nyamara iyo batandukanye bafite nk’abana batoya, bihindura byinshi mu mibereho yabo bagakura bigunze, kuko abihamya nkuwo byabayeho neza.

yagize ati' ababyeyi banjye batandukanye mfite imyaka 15 nzi uburyo nabayeho nyuma yaho ,niho nafashe umwanzuro wuko natoza abantu gukundana bifite intego zubaka kuko iyo amarangamutima yangiritse n'ubukungu burahagendera,abana Bata ishuri,umugabo cg umugore akaba yakwishora mu businzi cyangwa n'ubusambanyi byose.

Wenda duhereye ku mibare ifatika tubona gatanya ziba mu muryango by’umwihariko niba mu gihugu habarurwa ingo ziri hejuru y'ibihumbi 5 zaka gatanya buri mwaka,nuko iyo miryango akenshi iba yabuzemo urukundo.

Ibi kandi abihuriza hamwe na Emmy Twahirwa wumvishe igitekerezo cye akemera kumutera ingabo mu bitugu muri uru rugendo.

Minani Jean Baptiste yagize ati" urukundo si igihe ,abantu bihutira kubana ariko nta rukundo bafite mu mitima yabo kubera inyungu z’ibintu bakurikiranyeho, mu gihe bakabaye bubaka umusingi ukomeye wo kwizerana no kumva uburemere bw'isezerano bagiranye, asoza agira ati abazaza bazishima kuko urukundo rukurira mu mutima yacu birategurwa.

Muri  uwo mugoroba  abantu batandukanye bazabasha kuganiriza abitabiriye iyi Romantic Night Hub ariko Bose bagaruka mu kubaka urukundo rufite intego Kandi bagendeye ku mitekerereze myiza "positive mindset ".

Uwo mugoroba w'urukundo  uzaba ku tariki  ya 21 Ukuboza 2025  uzaba ari uwi byishimo aho  abazitabira  bose  bazatambuka  ku itapi y'umutuku,ndetse bagafata  n'ifoto y izahora ibibutsa ibyo bihe byiza

ibyo  birori bizabera kuri Gabriella Event ku Kimironko hafi  yahahoze  Gereza  aho kwinjira bizaba  ari  ibihumbi 10 ugafatamo n’icyo  kunywa 


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments