• Amakuru / MU-RWANDA


Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwatangaje ko mu mezi ane ashize abaturage 17.126, barwaye indwara ziterwa n’umwanda, bukagaragaza ko kugira ibishanga n’ibiyaga byinshi biri mu bituma izi ndwara ziyongera.

Ibi byagaragajwe ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza 2025, ubwo hatangizwaga umushinga ugamije kwigisha mu buryo mbarankuru abanyeshuri bo muri aka Karere uko barwanya indwara ya Bilharziose n’izindi zititaweho.

Uyu mushinga watangirijwe ku ishuri ribanza rya Nzangwa riherereye mu Murenge wa Rweru, ukaba ushyirwa mu bikorwa na Bilharzia Storytelling Initiative ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, ku bufatanye n’Akarere ka Bugesera.

Bilharziose ni indwara iterwa n’inzoka yitwa Bilarizi, yibasira cyane abantu bavoma mu biyaga, abana bidumbaguza mu mazi mabi, abarobyi ndetse n’abahinzi. Kuri ubu ikaba yatangiye kurwanywa binyuze mu bana bato.

Umukozi w’Akarere ka Bugesera ushinzwe iterambere ry’ubuzima no gukumira indwara, Theodore Bagaragaza, yavuze ko bishimiye kugira abafatanyabikorwa mu kurwanya indwara zititaweho by’umwihariko Bilharziose, yavuze ko aka Karere gafite ibishanga n’ibiyaga byinshi bituma indwara zituruka ku mwanda no kunywa amazi mabi zihaboneka ku bwinshi.

Ati “ Imibare itugaragariza ko indwara zifitanye isano n’umwanda ndetse n’ikoreshwa ry’amazi yanduye ziri hejuru, nko mu mezi ane ashize kuva mu kwezi kwa karindwi kugeza mu kwezi kwa cumi. Mu mibare twakusanyije twabonye ko indwara zifitanye isano n’umwanda, twakiriye abarwayi 17.126, aba barwayi muri bo 331 bajyanywe mu bitaro, ibyo rero ni ibigaragaza ko mu Karere kacu ubwandu ku ndwara ziterwa n’umwanda ziri hejuru.’’

Bagaragaza yavuze ko bari bakeneye abafatanyabikorwa babafasha mu bukangurambaga, avuga ko bagiye kwereka abaturage uburyo izi ndwara uko zandura, uburyo bazirinda n’aho zikomoka ku buryo bivuriza igihe bikabafasha mu iterambere ry’umuryango.

Umuyobozi ushinzwe agashami ko kurwanya indwara zititaweho uko bikwiye muri RBC, Nshimiyimana Ladislas, yavuze ko kwigisha abakiri bato uko bakwirinda indwara zititaweho ziganjemo izitandura, ari ingenzi kuko binatuma bafasha ababyeyi babo kumva neza uko barwanya izi ndwara. Yatanze urugero kuri Bilharziose.

Ati “ Bugesera na Ruhango ni uturere twihariye twahisemo kongeramo imbaraga nyinshi kuko hagaragara izi ndwara cyane cyane Bilharziose, turi kongera imbaraga nyinshi mu nyigisho ku isuku n’isukura, kwigisha no kuvura. Twongereye ubumenyi abantu bavura kwa muganga kugira ngo umuntu niba agiye kwivuza babashe kubona iyi ndwara ivurwe hakiri kare.’’

Nshimiyimana yavuze ko kandi mu bindi RBC iri gukora ari ukongera gutanga ibinini buri mwaka mu turere tugaragaramo izi ndwara zititaweho, guhugura abaturage benshi biganjemo abahinzi, abarobyi n’abandi baturage benshi.

Umuhuguzabikorwa wa BSI, Ninyembabazi Yvonne, yavuze ko bifuza kwigisha abana babinyujije mu nkuru mbarankuru kugira ngo bumve ko kwirinda iyi ndwara bitareba ababyeyi babo gusa, yavuze kuri ubu bari gukorera mu bigo by’amashuri bitatu mu kwigisha abana uko birinda Bilharziose n’izindi ndwara zititaweho.

Nyirahabizi Esperance yavuze ko bishimiye ko izi ndwara zikunze kubibasira cyane, batangiye kwigishwa uko bazirinda, yavuze ko kwigisha abana uko birinda kwiherera mu bisambu no kwirinda kwidumbaguza mu mazi mabi ari ingezi kuko bituma buri wese amenya uko yirinda izi ndwara.

Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima, OMS, ugaragaza ko indwara zititaweho uko bikwiye zigera kuri 20, ariko iziganje mu Rwanda ari nk’ubuheri buzwi nka shishikara, kurumwa n’inzoka, kurumwa n’imbwa, inzoka zo mu nda, Tenia, indwara iterwa n’inzoka ya Bilharisioze, Imidido ndetse na Cysticercose.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments