Uganda irateganya kwakira inama y’abakuru b’ibihugu by’akarere, ikazaba yiga ku mutekano wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukomeje kuzamba kubera imirwano ikomeje gusakiranya ingabo z’iki gihugu n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23.
Umwe mu bayobozi bakuru
muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki gihugu, yabwiye ikinyamakuru
ChimpReports ko imyiteguro y’iyo nama yamaze gutangira.
Ati: “Ni byo, inama
izibanda ku kuba umutwe witwaje intwaro wa AFC/M23 uheruka kwigira imbere
(kwigarurira ibice bishya) mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo ndetse n’ikura
ry’ikibazo cyerekeye ibikorwa by’ubutabazi.”
Uyu yunzemo ko “intego
nyamukuru y’iyi nama ni ukwirinda amakimbirane y’akarere.”
Amakuru avuga ko nta
gihindutse iyo nama izaba ku Cyumweru gitaha, gusa ntiharamenyekana abakuru
b’ibihugu bayitumiwemo.
Mu byumweru bitatu bishize
ni bwo muri Kivu y’Amajyepfo imirwano yongeye kubura hagati ya AFC/M23
n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande Leta ya Kinshasa, mbere y’uko izo
nyeshyamba ziyobowe na Gen. Sultani Makenga zigarurira ibice byinshi birimo
n’Umujyi wa Uvira zafashe ku wa 9 Nzeri.
Izi nyeshyamba icyakora ku
wa Gatatu tariki ya 17 Ukuboza zatangiye kuva muri uriya mujyi wa kabiri munini
muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ibihugu birangajwe imbere
na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ifatwa rya Uvira n’ibice
byegereye umupaka w’u Burundi kandi byatumye umwuka urushaho kuba mubi hagati
y’icyo gihugu n’u Rwanda rushinjwa gushyigikira AFC/M23.
Gitega ivuga ko mu mirwano
yabaye mu byumweru bishize hari ibisasu byarashwe ku butaka bwayo, ibyatumye
yihaniza u Rwanda ndetse iruburira ko mu gihe “ibitero byarwo” byakomeza,
ibihugu byombi bishobora kwisanga mu ntambara yeruye.
U Rwanda ruhakana kuba
rwararashe ku butaka bw’u Burundi, ahubwo rwo rukavuga ko ubwo Ingabo zabwo
zari zihanganiye na AFC/M23 mu gace ka Kamanyola hari ibisasu byazo bwaguye mu
Bugarama.
Icyakora mu rwego rwo gucubya umwuka mubi wari watangiye gututumba, ibihugu byombi biheruka guhurira mu nama yahuje inzego z’umutekano mu mpera z’icyumweru gishize.