• Amakuru / POLITIKI


U Rwanda rwakiriye abarimu 143 bagize icyiciro cya kabiri cy’abarimu baturuka muri Zimbabwe, aho baje muri gahunda yo kuzamura ireme ry’uburezi mu Rwanda.

Aba barimu bageze mu Mujyi wa Kigali ku wa Mbere tariki ya 22 Ukuboza 2025, baje basanga abandi barenga 150 bagize icyiciro cya mbere, bageze mu Rwanda muri Nzeri 2022.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta, umurimo n’imibereho myiza muri Zimbabwe, Simon Masanga, yavuze ko ibikorwa byabo barimu byashimwe cyane n’ubuyobozi ndetse n’abaturage bo mu Rwanda.

Ati Dufite inzobere mu buvuzi n’abahanga mu ikoranabuhanga, ariko abenshi ni abarimu b’inzobere kandi bakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu Rwanda.”

Yavuze ko kandi ubwo baheruka mu Rwanda, ngo basuzume uko abo barimu babayeho bassnze bafite ibyishimo.

Ati Nta hantu nigeze mbona ibyishimo nk’ibyo bari bafite. Bamaze kumenya ururimi rwaho, binjijwe mu muryango nyarwanda kandi Guverinoma y’u Rwanda yishimiye cyane uruhare barimo gutanga.”

Mu Ukuboza, 2021, Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda yasinyanye amasezerano n’iyo muri Zimbabwe, akaba yari amasezerano yo gushyiraho uburyo buboneye bwerekeye uko abarimu bo muri Zimbabwe bazaza kwigisha bagenzi babo bo mu Rwanda.

Amasezerano yasinywe hagati y’ibihugu byombi avuga ko Zimbabwe yohereza  mu Rwanda abarimu bo kwigisha amasomo y’icyongereza bagenzi babo bigisha mu mashuri abanza, ayisumbuye naza Kaminuza.

Aba barimu abenshi boherejwe mu mashuri nderabarezi aho bagiye gukarishya mu rurimi rw’icyongereza.

Zimbabwe kandi yohereje kandi inzobere mu buvuzi n’abahanga mu ikoranabuhanga mu itumanaho (ICT) mu Rwanda.



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments