• Amakuru / POLITIKI


Abasirikare b’u Burundi bakiri kwinjira rwihishwa mu muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo batangiye kutumvikana ku kwambara impuzankano ya FARDC, nk’amayeri yo guhisha ko bakiri kurwana mu ntambara yo mu Burasirazuba bwa RDC.

Ingabo z’u Burundi ziri mu ntambara zo mu Burasirazuba bwa RDC binyuze mu Bufatanye n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, ariko kuva muri Kivu y’Amajyaruguru mu ntangiriro za 2025 kugeza muri Kivu y’Amajyepfo, AFC/M23 yagiye izirukana ndetse bamwe muri zo bakahasiga ubuzima.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko kuva aho imirwano ibaye nk’ihagaze, AFC/M23 imaze gufata umujyi wa Uvira, n’u Burundi bwasabwe na Amerika kuvana ingabo zabwo muri RDC kugira ngo ikibazo cy’umwuka mubi mu karere kigabanye ubukana.

Gusa bivugwa ko hakiri batayo eshatu z’ingabo z’u Burundi muri Fizi, ziryamiye amajanga ngo zizarwanye umutwe wa AFC/M23.

Aba basirikare barimo abibaza impamvu basabwa kurwana mu gihe na Leta yabo ibizi ko nyuma y’uko Umujyi wa Uvira ufashwe nta bikoresho bihagije bafite.

Ikindi cyibazwa ni uburyo ahari abasirikare barenga ibihumbi 20 b’u Burundi batsinzwe bakirukanwa muri Kamanyola, Kiliba kugeza igihe Uvira ifatiwe, none urugamba rwananiye izo ngabo rukaba rwenda gushorwamo abasirikare bagize batayo eshatu gusa.

Aba basirikare bagaragaje ubwoba bwinshi bahamya ko mu gihe Baraka yaba igiye mu biganza bwa AFC/M23, yakurikirwa na Kalemie kandi bataba bagishoboye kuva muri aka gace ngo basubire iwabo.

Abenshi muri aba basirikare bahakanye kutazambara impuzankano ya FARDC, ngo nubwo bazi neza ko barwanira inyungu z’abasirikare bakuru ariko biyemeje kuzagwa mu mwambaro w’igisirikare cyabo.

Hari amakuru yagiye hanze avuga ko u Burundi bushaka gutangaza ko bwavanye ingabo zabwo zose muri RDC, ariko hagakoreshwa amayeri yo kubarekerayo bakarwana bambaye impuzankano ya FARDC.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments