Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Ngabo Brave, yakiriye itsinda ry’abahanzi ba Rap n’abandi bafite aho bahuriye n’uruganda rw’umuziki, bitegura gutaramira mu gitaramo “Icyumba cya Rap”, kigamije guteza imbere injyana ya Rap nyarwanda no guhuza impano zikiri kuzamuka n’izimaze kumenyekana.
Iki kiganiro
cyabaye umwanya mwiza wo kungurana ibitekerezo ku iterambere ry’ubuhanzi mu
Rwanda, by’umwihariko injyana ya Rap, aho impande zombi zaganiriye ku hazaza
h’iyi njyana, uruhare rwayo mu kubaka urubyiruko, ndetse n’imbogamizi
zikigaragara mu ruganda rw’umuziki.
Abahanzi
bagarutse ku bibazo bitandukanye byugarije injyana ya Rap, birimo kubura
amahirwe ahagije yo kugaragaza impano, imbogamizi mu bijyanye n’ishoramari mu
muziki, kutamenyekana bihagije ku rwego mpuzamahanga, ndetse n’imbogamizi
zijyanye n’imyumvire ikiriho ku njyana ya Rap nk’ubuhanzi butaragera ku rwego
rumwe n’izindi njyana.
Ku ruhande
rwa Minisiteri, Umunyamabanga Uhoraho Ngabo Brave yagaragaje ko Leta y’u Rwanda
ikomeje gushyigikira iterambere ry’ubuhanzi n’umuco, by’umwihariko urubyiruko
rufite impano. Yashimangiye ko injyana ya Rap ari ijwi rikomeye ry’urubyiruko,
rifite uruhare mu gutanga ubutumwa bufite ireme, guteza imbere umuco nyarwanda
no guhanga imirimo mishya.
Iki kiganiro
cyanagarutse ku bisubizo bishoboka byafasha guteza imbere injyana ya Rap,
birimo kongera ubufatanye hagati y’inzego za Leta n’abahanzi, gushyiraho
amahugurwa ajyanye n’imicungire y’ubuhanzi, guteza imbere ibitaramo n’ibikorwa
byihariye bigamije guteza impano nshya, ndetse no gukoresha ikoranabuhanga
n’imbuga nkoranyambaga mu kwamamaza umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga.
Igitaramo “Icyumba
cya Rap” cyitezweho kuba urubuga rwo kugaragaza impano zitandukanye za Rap,
gukomeza guhuza abahanzi n’abakunzi b’umuziki, no gutanga umusanzu mu
iterambere ry’uruganda rw’umuziki mu Rwanda.
Abahanzi
bagaragaje ko ibiganiro nk’ibi bibatera imbaraga zo gukomeza guhanga no gutanga
umuziki ufite ireme, banashimira Minisiteri ku bushake bwo kubaba hafi no kumva
ibitekerezo byabo.
gitaramo
“Icyumba cya Rap” kizabera muri Zaria Court, ku wa 26 Ukuboza 2025.
Cyatumiwemo Bull Dogg, Fireman, Green P, P Fla, Riderman, Danny Nanone, Jay C, Logan Joe, Bruce The 1st, Kenny K-Shot, Young Grace na Fifi Raya.
Like This Post? Related Posts