Inzego
z’Umutekano zigizwe n’Ingabo z’u Rwanda ( Diviziyo ya 2), Polisi y’u
Rwanda (RNP) n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), zikorera mu Ntara
y’Amajyaruguru, zakoze igikorwa cyo gutera ibiti mu Mudugudu wa Bisiga,
Umurenge wa Gashoro, Akarere ka Burera. Hatewe ibiti by’avoka bisaga ibihumbi
icumi.
Iki gikorwa
cyitabiriwe kandi na Nyakubahwa Mugabowagahunde Maurice, Guverineri w’Intara
y’Amajyaruguru, n’Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Madamu Mukamana Solina.
Mu ijambo
rye, Guverineri yashimiye cyane abaturage n’inzego z’umutekano ku ruhare bagize
muri iki gikorwa, avuga ko ari umusanzu ukomeye mu kurengera ibidukikije.
Yanashimye imikoranire myiza iri hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage,
ndetse anashimira uhagarariye ICF (International Crane Foundation) watanze
imbuto z’ibiti byatewe.
Brig Gen Deo
Rusanganwa, Umuyobozi wa Diviziyo ya 2, yasabye abaturage gufata neza ibiti
byatewe kugira ngo bizakure neza. Yavuze ko inzego z’umutekano zizakomeza
kugira uruhare mu bikorwa nk’ibi bigamije iterambere n’imibereho myiza
y’abaturage.
Iki gikorwa
cyanitabiriwe kandi n’abandi bayobozi bakuru b’inzego z’umutekano mu Ntara y'
Amajyaruguru, barimo ACP Edmond Kalisa, Umuyobozi wa Polisi mu Ntara (RPC), na
Lt Col Charles Kamali, Umuyobozi w’Inkeragutabara mu Ntara y' Amajyaruguru.