Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango,(MIGEPROF) irashinja itangazamakuru kwibanda ku nkuru za byacitse zisenya umuryango aho kwibanda ku nkuru ziwubaka.
Mu kiganiro na RBA, Minisitiri wa
MIGEPROF, Uwimana Consolee yashimangiye ko ibikorwa bibi bigaragara mu miryango
itabanye neza iyo bizwe kenshi mu itangazamakuru bituma indi miryango yari
ifite igaruriro igumuka.
Uwimana avuga ko abantu bakora
ibidasanzwe ahanini baba bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, akanenga
itangazamakuru ryibanda ku nkuru za byacitse bitwaje ko ari zo zibongerera
abafana n’ababakurikira rikirengagiza ko hari n’izindi nkuru nziza zubaka
umuryango.
Minisitiri Uwimana agira ati:” Ikibabaje
ni uko itangazamakuru iyo umuntu akoze ibintu bidasanzwe mu rwego rwo gushaka
abafana,(views) inkuru ni byacitse. Abantu babitwara muri byacitse bakerekana
ikintu kidasanzwe uwo muntu yakoze akaba ari yo iba nkuru, bikaza kurangira
tutamufashije ariko duteye n’abandi bafite ibibazo nk’ibyo, kubona ko bishoboka
bakishora muri byo bibi.”
Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cyita ku
Buzima,(RBC) yagaragaje ko kugeza muri Nyakanga 2025, abasaga ibihumbi 44
bagiye kwivuza uburwayi bwo mu mutwe.
Raporo y’Urwego rw’Ubucamanza yerekanye
ko mu mwaka wa 2024/2025 haburanishijwe imanza 2.674 z’abashakanye basaba
gutandukana, zivuye ku manza 2.833 mu mwaka wari wabanje.
Minisitiri Uwimana asaba Abanyamakuru
guhindura umuvuno bakajya batangaza n’inkuru z’imiryango ibanye neza kuko mu
Rwanda ihari kandi y’intangarugero.
Ati:”Mwe muvuga bikagera kure igihe
kirageze ngo twongere twumve ko nyuma yo kuvuga inkuru mbi twabonye dukwiye
kurenzaho tukerekana n’ibindi bikorwa byiza biri gukorwa. Hari abantu
b’inyangamugayo, hari abari kwizihiza imyaka 50 babana, twe kwamamaza ibibi
tugerageze tugarure n’umuryango tuwuvuge ibyiza.”
Icyakora MIGEPROF avuga ko ugereranyije
n’amateka igihugu cyanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, umuryango
uhagaze neza ariko hatabura ingaruka zayo n’ibisigisigi.
Avuga ko hari abantu bakibana
n’ihungabana n’ibikomere by’amateka kandi abo na bo baba mu muryango kandi baba
bagomba kwitabwaho.
RBC igaragaza ko umuntu umwe muri batanu
mu Rwanda aba yarahuye n’ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe. Muri ibyo bibazo
birimo ibituruka ku gahinda gakabije, ubwoba bukabije n’ihungabana, ikoreshwa
ry’ibiyobyabwenge n’inzoga n’izindi ndwara zo mu mutwe.
Agahinda gakabije kari kuri 11,9%, ubwoba
bukabije 8,1%, Ihungabana riri kuri 3,6%, uburwayi bukomeye bwo mu mutwe buri
kuri 1,3%, imyitwarire idasanzwe ibangamira abandi muri sosiyete ikaba kuri
0,8%, mu gihe imyitwarire iganisha ku kwiyahura ari 0,5%.
Ni mu gihe raporo zitandukanye zigaragaza
ko umubare w’abasaba gatanya wagiye uzamuka vuba aho mu mwaka wa 2016 hakiriwe
ibirego ibirego 21, mu 2017 biba 69 naho mu 2018 biba 1.311.
Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) mu 2019 yerekanye ko imiryango 8.941 yemerewe n’inkiko gutandukana mu gihe mu 2020 inkiko zakiriye ibirego 3.213.