• Amakuru / MU-RWANDA


Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage, yamennye ibinyobwa bitujuje ubuziranenge mu rukerera rwo kuri uyu wa 24 Ukuboza 2025, nyuma yo gufata abagabo babiri babikoraga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bafatanwa litiro zisaga 1,250 za muriture.

Iki gikorwa cyabereye mu midugudu itandukanye yo mu Murenge wa Muko, harimo Umudugudu wa Bugesi wo mu Kagari ka Mburabuturo n’Umudugudu wa Susa mu Kagari ka Kivugiza, mu Karere ka Musanze.

Cyakozwe mu rwego rwo gukomeza urugamba rwo kurwanya ikorwa n’ikwirakwizwa ry’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge.

Polisi y’u Rwanda yibukije abaturage ko kunywa ibinyobwa byujuje inenge ari imvano y’indwara zitandukanye, bikaba kandi intandaro y’umutekano muke, urugomo n’amakimbirane mu miryango, bityo abasaba kubyirinda no kubirwanya.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi, yasabye abaturage gukomeza gufatanya n’inzego z’umutekano mu gutanga amakuru no kurwanya abakora ibi binyobwa.

Yagize ati: “Amakuru twamenye ni uko ababikora bo badashobora kubinywa cyangwa ngo abihe umwana we kubera ko azi ingaruka zabyo. None n’uba ukora ibyo binyobwa yirinda kubinywa kuko bitujuje ubuziranenge, undi muturage we atinyuka ate? Twese dukwiye kumenya ububi bwabyo, tukabirwanya kugeze bicitse.”

Yakomeje asobanura ko gahunda ya Polisi ari ugukomeza ibikorwa byo guca intege abakora ibinyobwa byujuje inenge, ariko anibutsa abaturage ko nabo bafite inshingano zo kubyirinda.

Ati: “ Gahunda ni ugukomeza ibikorwa nk’ibi byo guca intege abakora ibi binyobwa byuzuye inenge ariko n’umuturage akumva ko afite inshingano zo kwirinda kuko iyo abinyweye ariwe bigiraho ingaruka bwa mbere.”

Polisi yongeye kwibutsa ko mu bice bikunze kunywererwamo ibinyobwa nka muriture n’ibindi bitujuje ubuziranenge, hakunze kugaragara ibyaha by’urugo n’amakimbirane mu miryango, isaba abaturage kubyamaganira kure.

By’umwihariko muri ibi bihe byo kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka, Polisi yasabye abaturage kwirinda ibinyobwa bitujuje ubuziranenge kugira ngo bitababera inkomyi mu kwishima no kwizihiza batekanye.

IP Ignace Ngirabakunzi ati: By’umwihariko muri ibi bihe twizihiza iminsi mikuru isoza umwaka, abantu birinde ko ibi binyobwa byuzuye inenge bibabera inkomyi mu kunezerwa kandi batekanye.”

Abagabo bafashwe bakoraga ibi binyobwa bitujuje ubuziranenge bashyikirijwe inzego zibishinzwe kugira ngo bagirwe inama zo kubireka, ndetse banacibwe amande nk’uko amategeko abiteganya.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments