Ubuyobozi bwa Burkina Faso bwatangaje ko bwahagaritse gutanga visa ku baturage ba Amerika nyuma y’uko Perezida Donald Trump yavuze ko abaturage b’iki gihugu batazongera guhabwa visa yo kwinjira muri Amerika kuva ku wa 1 Mutarama 2026.
Ku wa 16 Ukuboza
2025, Perezida Donald Trump yatangaje ko abaturage bo muri Burkina Faso
biyongereye ku rutonde rw’abatemerewe guhabwa viza yaba iyo kwiga, gutembera,
gucuruza, gutura burundu n’izindi.
Icyemezo cya Trump cyafatiwe ibihugu birimo ibyo mu
Burengerazuba bwa Afurika biyobowe n’ubutegetsi bwa gisirikare. Aha harimo
Burkina Faso na Mali.
Itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya
Burkina Faso rivuga ko iki cyemezo cyafashwe nko kwihorera ku butegetsi bwa
Amerika bwongereye iki gihugu ku rutonde rw’ibihugu bitemerewe visa ya Amerika.
White House yatangaje ko ibihugu bitanu byongerewe ku rutonde
rw’ibitemerewe visa yo kwinjira muri Amerika ari ibigaragaza intege nke mu
gusuzuma niba abantu bakwiriye kwinjira, no mu gusangira amakuru kugira ngo
igihugu gikumire ibibazo by’umutekano.
Icyemezo cyo guhagarika guha visa abaturage ba Amerika
cyanafashwe na Mali iri ku rutonde rwa Amerika rw’ibihugu bitemerewe
kwinjirayo.
Ku wa 25 Ukuboza 2025, Niger na yo iyobowe n’ubutegetsi bwa
gisirikare yatangaje ko ishobora guhagarika guha visa abaturage ba Amerika.