Umugabo w’imyaka 38 wo mu Karere ka Rulindo, yafatanywe udupfunyika 689 tw’urumogi n’ikilo kimwe cyarimo gutunganywa ngo gishyirwe mu dupfunyika yateganyaga gucuruza ku Munsi Mukuru w’Ubunani.
Polisi ikorera mu Karere ka Rulindo
yavuze ko yamufatiye mu Mudugudu wa Gaseke, Akagari ka Rudogo, Umurenge wa Kinzuzi,
mu rukerera rwo ku itariki ya 01 Mutarama 2026, nyuma y’uko abaturage batanze
amakuru ko uyu mugabo yari amaze iminsi aranguye urumogi rwinshi.
Abaturage bo muri ako gace bavuga ko uyu
mugabo asanzwe azwiho gucuruza ibiyobyabwenge, cyane cyane mu Minsi Mikuru.
Umwe mu baturage wahawe izina rya Mundere
yagize ati: “Uyu mugabo yari yarateguye urumogi rwinshi kuko yari azi ko ku
Bunane rubona isoko cyane. Twabonaga atunganya udupfunyika twinshi, yakundaga
kuba yicaye mu rutoki, kandi si ubwa mbere kuko no mu yindi Minsi Mikuru
abikora atyo.”
Undi muturage wahawe izina rya Musoni
Theopiste yavuze ko atari ku isoko ryo mu gace batuyemo gusa ko ahubwo uyu
mugabo yagemuraga no mu bindi bice by’Igihugu.
Yagize ati: “Twamenye ko afite
abakiriya bo mu Mujyi wa Kigali. Ku Minsi Mikuru akunda kongera ingano kuko aba
afite abaguzi benshi, cyane cyane urubyiruko.”
Undi muturage na we yahamije ko no kuri
Noheli, uyu mugabo yagaragaye atanga urumogi mu tubari rwihishwa.
Ati: “No kuri Noheli twaramubonye agenda
mu tubari atanga urumogi rwihishwa, agasohokana umuntu akamupfunda udupfunyika.
Ibyo byatumye dutanga amakuru kare, kuko twari tuzi ko ku Bunane byari
kurushaho kwiyongera.”
Abaturage bavuga ko nubwo bamaze igihe
kirekire bamuziho iyi ngeso, yagiye yanga kuyireka, ari na yo mpamvu bishimiye
ko Polisi y’u Rwanda yamufashe mbere y’uko acuruza urumogi ku Bunani rukagira
ingaruka ku rubyiruko n’umutekano muri rusange.
Uyu mugabo yemeye ko urumogi yafatanwe
yarucururizaga iwe mu rugo, ndetse ko yari arimo gutegura ikilo kimwe kugira
ngo akigabanyemo udupfunyika two kugurisha.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu
Ntara y’Amajyaruguru Inspector of Police (IP) Ignace Ngirabakunzi, yashimiye
abaturage ku ruhare bagira mu gukumira no kurwanya ibiyobyabwenge
Yagize ati: “Uruhare rw’abaturage ni
ingenzi cyane mu kurwanya ibiyobyabwenge kuko aho biba biri, biteza umutekano
muke n’ibindi byaha, kandi abaturage na bo baba babireba mu masibo yabo ndetse
no mu tugari twabo.”
Yakomeje agira ati: “Tuributsa abaturage
ko ibiyobyabwenge ari intandaro y’urugomo, ubujura, uburwayi n’izindi ngaruka
mbi ku muryango Nyarwanda. Turasaba buri wese gukomeza gutanga amakuru ku gihe
kugira ngo dukumire icyahungabanya umutekano n’imibereho myiza y’abaturage.”
Uyu mugabo wafatanywe urumogi kuri ubu
afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Murambi, aho ategereje gushyikirizwa
Urwegorw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo akurikiranwe n’ubutabera.
Ingingo ya 263 mu itegeko riteganya
ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura,
utunda, ubika, uha undi cyangwa ugurisha ibiyobyabwenge aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo cy’imyaka 7 kugeza ku 10 n’ihazabu ya miliyoni 5 kugeza kuri miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda ku biyobyabwenge byoroheje, naho ku biyobyabwenge bihambaye agahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 20 na 30 z’amafaranga y’u Rwanda.
Like This Post? Related Posts