• Amakuru / MU-RWANDA


Umugabo wo mu Karere ka Kayonza, mu Murenge wa Murundi, arakekwaho gukubita inkoni nyinshi ndetse no gutera icyuma hafi y'imyanya y'ibanga y'umugore we witwa Imanishimwe Gaudance uri mu kigero cy'imyaka 23 y'amavuko wari utwite inda y'amezi atatu (3) amuziza kumuca inyuma, ibyaje no kumuviramo urupfu.

Iby'uru rupfu byamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 02 Mutarama 2026, mu Mudugudu Rumuli, mu Kagari Karambi, mu Murenge wa Murundi, mu Karere ka Kayonza, mu Ntara y'Iburasirazuba.

Abaturage bavuga ko intandaro y'ayo makimbirane Gaudance yagiranye n'umugabo ashingiye ku kuba umugabo yaramushinjaga kumuca inyuma.

Umwe ati:"Yari inshuti yanjye cyane. Yampamagaye ku wa Kane arabwira ngo uzaze unsure, ngo maze iminsi nkuhamagara nkakubura kuko ntabwo nahabaga, ati mvuye gusaba numero yawe uzaze unsure, akomeza abwira ati nubwo bimeze bityo ariko umugabo wanjye ahora ankubita cyane uzaze unsure undebe.

Naramubwiye nti ujye wihangana abagabo bo muri iyi minsi bararwana, arabwira ati uzambabarire ku wa Gatanu uzabe waje unsuhuze kuko ndagukeneye ndamubwira nti nzaza mu gihe cya mu gitondo ndi kwitegura ngo nze kumureba telefone iba irampamagaye irabwira iti wa mugore bamwishe nti se yishwe na nande? Aribwira ati umugabo yamukibise bamujyanye kwa muganga ababara cyane."

Yakomeje avuga ko nyakwigendera yamubwiye ko buri gihe uko umugabo we yatahaga yasinze yamukibitaga.

Yagize ati:"Naramubwiye nti se wagiye umuhunga, arabwira ati amfatirana ndi mu nzu akankubita. Ubwo rero njyewe ndumva ari inkoni yaba yazize. Gusa, ejo yari yabwiye ko afite inda ifite amezi ari hagati y'abiri (2) n'atatu (3). Ndumubaza nti se bayiguteye gute ko mutabanaga? Arabwira ngo ntabwo byabuza umugabo kugusanga aho uri ngo ayigutere ngo n'ubundi yaransuraga cyangwa wasanga yarayinteye tubana."

Umuturanyi w'uyu muryango yabwiye umunyamakuru wa BTN TV ko uwo mugore yishwe n'inkoni nyinshi yakubiswe n'umugabo we.

Ati:"Yamukibise aranegekara cyane, nibyo byamuviriyemo urupfu. Yari yaranamwimye n'indangamuntu ye noneho abonye amunegekaje nta bundi butabazi ari bubone aramubwira ati ngaho fata indangamuntu yawe utahe. Yari yakomeretse ku itako hafi y'imyanya y'ibanga bigaragara ko yamuteye icyuma. Yajyanywe kwa muganga bigaragara ko agiye gupfa kuko yaguye mu nzira ataragerayo."

Umunyamabanga Nshingwanikorwa w'umurenge wa Murundi, Gashayija Benon, yemeje aya makuru, avuga ko uwo mugabo ukekwaho kwica umugore we ari gushakishwa kugira ngo akorweho iperereza.

Yagize ati:"Iyo nkuru twayimenye ejo, batubwira ko batubwira ko uriya mugore abaturage bakeka ko yakubiswe n'umugabo we ku itariki ya 28 Ukuboza 2025, hanyuma akaza kuremba umusibo ejo (ku wa Gatatu nimugoroba) bakamujyana kwa muganga, ambulance (imbangukiragutabara) yamujyanye ku Bitaro bya Gahini ariko bageze mu nzira ahita apfa."

Yakomeje avuga ko umugabo wa nyakwigendera yari amaze iminsi afunguwe nyuma yo gufugwa akekwaho kwiba moto ariko agarutse asanga umugore we atwite amakimbirane avuka ubwo umugabo avuga ko iyo nda atari ye mu gihe umugore we yavugaga ko ari iye.

Gitifu Gashayija yongeyoho ko umurambo wa nyakwigendera wajyanywe gusuzumwa kugira ngo hazamenyekane icyateye urupfu rwe. Mu gihe umugabo wa nyakwigendera ari gushakishwa kugira ngo akorweho iperereza n'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB).

Yasabye abaturage kwiranda amakimbirane mu miryango kuko atera ibibazo byinshi hanyuma n'ufite ikibazo akegera ubuyobozi cyangwa inshuti z'umuryango agafashwa.

Abatuge bo muri aka gace bavuga ko uwo mugabo wishe umugore we na we yari akwiye guhabwa igihano cy'urupfu, gusa iki gihano ntabwo kikiri mu mategeko ahana ibyaha mu Rwanda kuva mu mwaka wa 2007.

Icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake akurikiranyweho giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 107 y’Itegeko n°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Nikimuhama, azahanishwa igihano cy'igifungo cya burundu.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments