Perezida Paul Kagame
yashimiye mugenzi we wa Guinée, Mamady Doumbouya watorewe kuyobora iki gihugu
cyo mu Burengerazuba bwa Afurika, agize amajwi 86,7%.
Ku wa 5 Mutarama
2025, Urukiko rw’Ikirenga muri Guinée rwemeje ibyavuye mu matora bigaragaza ko
Perezida Mamady Doumbouya wari umuyobozi w’inzibacyuho yatsinze amatora agize
amajwi 86,7%.
Amatora yo muri Guinée yabaye ku wa 28 Ukuboza 2025. Yero Baldé
wabaye uwa kabiri n’amajwi 6,59%.
Perezida Mamady Doumbouya azayobora Guinée muri manda y’imyaka
irindwi.
Abinyujije kuri X, Perezida Kagame yashimiye mugenzi we,
agaragaza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana na Guinée hagamijwe iterambere
ry’ibihugu byombi.
Ati “Tuzakomeza guteza imbere umubano w’impande zombi ukomeye
tunakorane bya hafi mu guteza imbere iby’ingenzi duhuriyeho n’iterambere
ry’ibihugu byacu.”
Doumbouya yafashe ubutegetsi nyuma ya Coup d’Etat ya gisirikare
yakuyeho Alpha Condé muri Nzeri 2021.
Ku wa 4 Mutarama 2026, Perezida Doumbouya yavugiye kuri
Televiziyo ko Guinée yinjiye mu bihe bishya birangwa n’ubumwe bw’abenegihugu.
Ati “Uyu munsi twinjiye mu bihe bitarimo uwatsinze n’uwatsinzwe.
Ubu hariho Guinée imwe idanandukanywa kandi yunze ubumwe.”
Yasabye abaturage kubaka Guinée irimo amahoro n’ubutabera,
abaturage basangiye byose kandi yigenga mu bya politiki n’ubukungu.
Umubano w’u Rwanda na Guinée-Conakry urahamye. Ushimangirwa
n’ingendo z’abakuru b’ibihugu byombi, no gufatanya mu nzego zitandukanye.
Nko muri Gicurasi 2025, Brigadier Général Mamady Doumbouya uyobora
Guinée-Conakry yari mu Rwanda mu ruzinduko rwari rugamije guhamya ubucuti
hagati y’ibihugu byombi.
Gen Doumbouya yaherukaga mu Rwanda muri Kanama 2024 ubwo
yitabiraga umuhango wo kurahira kwa Perezida Paul Kagame wari uherutse
gutorerwa gukomeza kuyobora igihugu.
Muri Mutarama 2024 na bwo yari i Kigali mu ruzinduko rwo
gushimangira ubufatanye.
Perezida Paul Kagame ku wa 11 Ugushyingo 2025 yasuye Guinée mu
ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Muri Gicurasi 2024 Perezida Kagame kandi yagiriye uruzinduko
muri Guinée-Conakry, abakuru b’ibihugu bagirana ikiganiro ku bufatanye bw’u
Rwanda na Guinée, mu nzego zirimo ikoranabuhanga, ubucuruzi n’ishoramari.
U Rwanda na Guinée bifitanye amasezerano y’ubufatanye mu guteza
imbere inzego zitandukanye zirimo ikoranabuhanga, ubuhinzi, ishoramari,
serivisi, ubukerarugendo, ingufu ndetse n’ubucuruzi. Ni amasezerano yasinywe mu
Ukwakira 2024.
Like This Post? Related Posts