• Amakuru / POLITIKI


Perezida  wa Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA), Donald Trump, yatangaje ko bagabye ibitero simusiga mu murwa Mukuru wa Venezuela, ingabo zifata Perezida Nicolás Maduro n’umugore we bagakurwa muri icyo gihugu.

Ibi byemejwe n'ubutumwa Perezida Trump yanditse ku rubuga rwe nkoranyambaga rwa Truth Social, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 03 Mutarama 2026.

Trump yanditse ko USA yakoze neza igitero kinini cyibasiye Venezuela n’umuyobozi wayo. Yongeyoho ko amakuru arambuye arayatangira mu kiganiro aragirana n’abanyamakuru mu rugo rwe, Mar-a-Lago ruherereye muri leta ya Florida.

Yagize ati:"Perezida Nicolás Maduro, n’umugore we bafashwe bavanwa muri icyo gihugu."

Ubutegetsi bwa Venezuela bwari bwatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye ibitero mu murwa mukuru Caracas, ndetse no mu zindi ntara eshatu, zirimo Miranda, La Guaira, na Aragua.

Ubwo butegetsi bwavugaga ko Perezida Maduro yahise atangaza ibihe bidasanzwe mu gihugu.

Perezida Donald Trump yari amaze igihe yarikomye Venezuela by’umwihariko Perezida Nicolás Maduro, aho amushinja gucuruza no guha inzira ibiyobyabwenge byinjira muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.

Trump yatangije ibitero bigabwa ku mato ‘yavugaga ko aba atwaye ibiyobyabwenge biva muri Venezuela bijya muri Amerika.’

Amerika kandi imaze iminsi ifata amato atwaye peteroli ya Venezuela.

Ni imigirire Venezuela yamaganye ikavuga ko ari imyitwarire ya gikoloni ko kandi Amerika icyo ihora Venezuela atari ibiyobyabwenge ahubwo ishaka peteroli n’umutungo kamere wa Venezuela.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikoze ibi mu gihe Perezida Nicolás Maduro yari amaze iminsi mike atangaje ko yuteguye kuganira na Perezida Trump.

Ibintu nk'ibi byo gufata Prezida w'ikindi gihugu byaherukaga mu 1989, ubwo ingabo za USA n'ubundi zateraga Panama zigata muri yombi Perezida Manuel Noriega waje no kugwa muri gereza mu 1997.



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments