• Amakuru / POLITIKI


Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyize Uganda ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo bazajya basabwa kubanza gutanga ibihumbi 15$ nk’ingwate, kugira ngo bahabwe Visa.

Ni icyemezo gikubiye mu itangazo Amerika yashyize hanze ku wa 6 Mutarama 2025, igaragaza urutonde rushya rw’ibihugu umuturage azajya asabwa gutanga aya mafaranga kugira ngo ahabwe Visa.

Iyi gahunda yo gutanga ingwate yatangiye muri Kanama 2025, aho yashyizweho nk’imwe mu ngamba zo gukumira abimukira barenza igihe bemerewe kuba muri Amerika n’abandi badafite ibyangombwa.

Muri iyi gahunda umuturage uturuka mu bihugu birimo Uganda, Algeria, Angola, u Burundi n’ibindi asabwa gutanga ingwate iri hagati ya 5.000$ na 15.000$ kugira ngo yemererwe Visa.

Iyi ngwate kandi izajya itangwa kuri Visa zigihe gito zirimo iz’ubukerarugendo cyangwa iy’ubucuruzi.

Leta ya Amerika isobanura ko iyi ngwate izajya iba ari amafaranga y’ubwishingizi ku gihe umuntu yaba yarenze ku mategeko n’amabwiriza agenga Visa yasabye harimo no kutarenza igihe iyo Visa izamara.

Kubasha kwishyura iyi ngwate kandi ntabwo bivuze ko uba wemerewe Visa, icyakora igihe utayihawe uzajya usubizwa aya mafaranga ndetse n’umuntu ubasha kwerekana ko atigeze yangiza amabwiriza yose ya Visaa nawe azayasubizwa.

Ku rundi ruhande aya mabwiriza asa n’agoye ibihugu byinshi cyane cyane ibyo muri Afurika. Nka Uganda mu 2024 umuturage yabarirwaga ko yinjiza hagati ya 987$ na 1.073$ mu mwaka.

Ibi bihugu bishya bizatangira gukurikiza aya mabwiriza ku wa 21 Mutarama 2026. Bivuze ko umuturage wo muri Uganda ushaka kugirira uruzinduko muri Amerika asabwa ari hagati ya Amashiringi miliyoni 18,7 na miliyoni 56,1 y’ingwate ya Visa.

Ni mu gihe umutarage wa Amerika ushaka kuza muri iki igihugu we yishyura 160$ ya viza gusa.

Kugeza ubu ibihugu 38 nibyo bizajya bitanga iyi ngwate birimo Antigua and Barbuda, Bangladesh, Bénin, u Burundi, Cape Verde, Cuba, Djibouti, Dominica, Fiji, Gabon, Côte d’Ivoire, Kyrgyzstan, Népal, Nigeria, Sénégal, Tajikistan, Togo, Tonga, Tuvalu, Uganda, Vanuatu, Venezuela and Zimbabwe n’ibindi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments