• Amakuru / MU-RWANDA


Kantarama Consolée w’imyaka 62 wari Umujyanama w’Ubuzima mu Kagari ka Kigabiro mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke, yapfiriye mu rugo rwa Kanyenzi Eliphase uvugwaho gukora ubuvuzi bwa gakondo buzwi nka magendu.

Ni amakuru yemejwe n’umugabo wa nyakwigendera, Uzabakiriho Trojan, inzego zibanze ndetse n’inzego z’umutekano mu Ntara y’Iburengerazuba.

Uzabakiriho avuga ko umugore we yapfuye yari yamujyanye kumuvuza uburwayi bw’inzoka ya tirikomonase (Trichomonas) kwa Kanyenzi, nyuma yo kumutera urushinge rwo mu mutsi w’ukuboko n’urwo ku nda, agahita apfa.

Agira ati: “Yego, umugore wanjye yari umujyanama w’ubuzima. Numvaga bavuga ko Kanyenzi Eliphase avura, mujyanayo ngo amuvure, amuteye inshinge ebyiri arasinzira agenderako arapfa. Yaguye muri urwo rugo.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro, yatangaje ko amakuru y’urupfu rw’uyu mubyeyi yamenyekanye ku wa 03 Mutarama 2026.

Asobanura ko nyakwigendera yagiye kwivuza mu kinyawanda akaza guterwa urushinge n’umuvuzi wa kinyarwanda bikamuviramo kuremba cyane, nyuma akaza gupfa aguye mu rugo rwe.

Ukekwaho kugira uruhare muri uru rupfu rwa nyakwigendera yahise ubura ariko ngo akaba akomeje gushakishwa.

Umuryango wa nyakwigendera ntacyo uratangaza ku cyatumye umujyana kuvurirwa mu kinyarwanda (kuvurwa magendu) nyamara utuye hafi y’ikigo nderabuzima.

Umwe mu baturanyi ba Kanyenzi uvugwaho gukora ubuvuzi bwa magendu, yahamirije Imvaho Nshya ko yahise abura we n’umugore we.

Yagize ati: “Si ubwa mbere avugwaho ubu buvuzi kuko n’ubuyobozi bwabimwiyamye kenshi aranabifungirwa ariko agakomeza kubikora rwihishwa, tugira ngo yabicitseho.

Ntitwakekaga ko n’umujyanama w’ubuzima udukangurira buri gihe kwivuriza kwa muganga yamwizera akajya kumwivuzaho nubwo bitamuhiriye.”

Aya makuru kandi yemezwa na Harerimana Naphtal, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabitekeri, uvuga ko amakuru akimenyekana bihutiye kujyana nyakwigendera ku bitaro bya Bushenge ngo hasuzumwe icyamwishe mu gihe umuvuzi wa magendu n’umugore we batorotse ariko bakomeje gushakishwa.

Ati: “Ayo makuru tukiyamenya twagiye gufata umurambo tuwujyana mu bitaro bya Bushenge ngo hamenyekane uko byagenze n’icyamwishe.

Ukekwaho urupfu rwe yahise atorokana n’umugore we, arashakishwa ngo akurikiranwe. Ntituramubona, ntitunazi uba mu rugo rwe kuko uko tuhageze dusanga hafunze.”

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyabitekeri busaba abaturage kwirinda ubuvuzi bwa magendu.

Icyakoze bwababajwe n’urupfu rwa nyakwigendera, no kuba yari Umujyanama w’ubuzima wafashije ubuyobozi kuyobora abaturage kugana ubuvuzi bwemewe hanyuma akaba ari we ugana ubuvuzi bwa magendu.

Busaba abakivura magendu kubihagarika bitarababera bibi kuko ubuyobozi butabyihanganira aho bwabyumva hose. Bushimangira ko Kanyenzi avuzwe muri ubu buvuzi igihe kinini kandi ko yanabihaniwe ariko akanga kubicikaho.

Ati: “Abivuzweho igihe kirekire kuko hari n’ubundi yafatanywe imiti ya magendu arabifungirwa, avamo avuga ko abiretse, ntitwari tuzi ko yabikomeje. None iwe hagaragaye uwapfuye bikekwa ko ari cyo azize. Ni ikibazo.

Ni yo mpamvu yahise acika kuko yari azi ko inzego zigomba guhita zimushakisha. Yakomezaga kugenda ashuka abantu, abarya utwabo abavura rwihishwa gutyo kugeza ubwo iyi nkuru yumvikanaga.”

Urugaga rw’Abahanga mu by’Imiti (NPC) n’Ikigo gishinzwe Ubushakashatsi mu by’Inganda NIRDA, bigeze kubwira Televiziyo Rwanda ko ubuvuzi gakondo bugifite ikibazo cy’ubuziranenge bw’imiti itangwa ku baturage, bitewe n’uko abenshi batazi ibigize umuti ndetse n’igipimo cy’uwo bagomba gutanga.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments