Imibiri itanu bikekwa ko ari iy’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ni yo imaze kuboneka iruhande rw’inzu y’ubucuruzi yubatse muri Santere ya Matyazo, nyuma y’uko harimo hacibwa inzira y’amazi ava ku nzu, bagahita babona umuntu wa mbere, bakomeza gushakisha, bagatangira kubona n’abandi.
Byatangiye
kumenyekana mu masaha y’igitondo cyo ku wa 10 Mutarama 2026, mu Mudugudu wa
Rusisiro, Akagari ka Matyazo, mu Murenge wa Ngoma ho mu Karere ka Huye, ubwo
abakora kuri restaurent y’uwitwa Aimable bakorera mu nzu iri hafi yahakuwe
imibiri barimo bayobora amazi bayerekeza muri ruhurura iri hafi aho, maze
batangiye gucukura bahita babona umuntu.
Aba bihutiye
guhita babimenyesha ubuyobozi bw’Akagari ka Matyazo, maze bakomeje gucukura
batangira kubona abandi bantu benshi.
Umwe mu
bayobozi ba IBUKA mu Murenge wa Ngoma utashimye kujya mu itangazamakuru
wahuriye na IGIHE aho iyi mibiri yagaragaye, yavuze ko bigaragara ko hashobora
kuzaboneka imibiri myinshi kuko basubitse ibikorwa byo kuyishakisha kubera
bwari bwije, ariko bakibona ibindi bimenyetso birimo imyenda n’imibiri, aho
biteguye kuzakomeza ku wa 11 Mutarama uyu mwaka.
Perezida wa
IBUKA mu Karere ka Huye, Siboyintore Théodate, yavuze ko uyu munsi wa mbere wije habonetse imibiri itanu
bikekwa ko ari iy’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuva muri
Nyakanga 2025, mu Kagari ka Matyazo, mu midugudu ya Rurenda na Kamucuzi,
habonetse imibiri isaga 400, none hakurikiyeho n’indi mibiri mu Mudugudu wa
Rusisiro, ibyo bamwe bafata nko kuba amakuru yarakomeje kuba iyanga muri aka
gace.
Gusa kuri
Perezida Siboyintore, yavuze ko ibi bidakwiye guca abantu intege, ahubwo
bikwiye kubanezeza kuko iyo amakuru y’abishwe amenyekanye bituma baragara
bagashyingurwa mu gaciro baremanywe.
Ati
“Ntitukinubira uburyo amakuru atinda kuboneka, kuko igihe abonekeye cyose
adufasha kubona abacu bagashyingurwa mu cyubahiro. Muri Jenoside hishwe umubare
munini w’Abatutsi, kandi abo tutarashyingura ni benshi. Ahubwo abafite amakuru
bakomeze bayatange.”
Siboyintore
yakomeje avuga ko muri Matyazo benshi mu bahatuye ubu ari abimukira ari na yo
mpamvu amakuru yaho yagiye aruhanya kuboneka mu gihe kandi n’abahiciwe
biganjemo abari baturutse ahandi nka Nyaruguru n’ahandi, anongeraho ko ahakuwe
imibiri uyu munsi ari iruhande rw’ahigeze gukurwa imibiri mu 1995, ibyo
yahereyeho avuga ko akeka ko abayihakuye icyo gihe batigeze bashakisha hose.
Amakuru avugwa n'abaturage ni uko iyi nyubako iri hafi y’ahakuwe iyi mibiri yubatswe nyuma ya
Jenoside.
Kuva mu 2024, muri uyu Murenge wa Ngoma mu tugari twegeranya twa Ngoma na Matyazo, hamaze kuboneka imibiri isaga 2800, ibisobanuye ko amakuru ajyanye n’ubwicanyi bwahakorewe muri Jenoside atagiye atangwa neza.