Umukecuru witwa Mukadoni Felicitee utuye mu mudugudu wa Mpinga I mu kagari ka Gatamu mu murenge wa Busheke mu karere Nyamasheke, arasaba kurenganurwa nyuma y’ikibazo afitanye n’umugabo witwa Juvenal ushaka kumwambura isambu ye ayita ko ari umunani we dore anaherutse kumuranduza imigozi ye ahita ko ari mu isambu ye.
Mukadoni yaganiriye na
B Plus Tv agaragaza intandaro y’akarengane ke ndetse n’ababifitemo uruhare.
“Nari ndi hano
umuyobozi w’umudugudu araza ati ngwino abayobozi bakubwire, mpageze bati
mukecuru kuki ugitsimbaraye mu murima utari uwawe? Ubwo icyakurikiyeho ni
ukundanduza ibyo nari narahinzemo.”
“Ababyeyi b’uwo mugabo
barawumuhaye arawugurisha, nanjye barampa none arashaka kunyaga uwanjye ngo
azawigurishirize nawo! Banteye ubwoba, bakajya bamfatisha igiti bagafotora! Nkaho
arinjye wakiranduye. Nuko bazana ikaye n’ikaramu baransinyisha ntazi n’ibyo
nsinyiye.”
Umwe mu bagize umuryango
w’aba bafitanye ikibazo ahamya ko Juvenal yagurishije umunani we: “Iriya sambu
ni iyo Papa yasigiye uyu mukecuru, we umunani we arawugurisha none ari gushaka n’umunani
w’umusaza kuwumwambura nawo ngo awugurishe! Bari bafite iterabwoba rirenze k’uburyo
n’umuturage wari uri kuhagera yarebaga ibintu barimo akumirwa!”
Umukuru w’umuryango
waganiriye na B Plus Tv yemeza ko yari yarahaye Juvenal umunani we yarangiza
akawugurisha none yatunguwe no kubona Juvenal aje gushaka undi munani azanye n’inzego
z’ubuyobozi z’umurenge.
“Abantu bahawe iminani,
mbega bitangirira mu rubanza naburanyemo Juvenal muri 2007, Juvenali yarafashe
ibintu byose bya Muzehe arabyikubira! Urukiko rwa Shangi rubikiranura ko ibintu
bigarutse mu muryango kubera ibintu bitemewe bari barakoze umusaza ari mu
zakuru arembye cyane. Bimaze kugaruka mu
muryango nagombaga guha ku bantu bari bahari aribo bakuru banjye. Inyandiko
igaragaza Juvenal ahabwa umunani anawugurisha irahari.”
Umukuru w’umuryango
akomeza agaragaza akarengane kari muri iki kibazo Ati: “Imbaraga sinzi ahantu
Juvenal azikura, niba garusha amatungo afite, njya kubona nkabona umuhesha w’inkiko
araje ntanabimenyeshejwe ari njye waburanye urubanza ari nanjye ufite na kopi z’urubanza
simbimenyeshwa nkumva ngo bagiye gutanga amasambu, ugasanga isambu igomba
gusaturwa ariho iherereye ntibambwire. Ni inda mbi!.”
B Plus Tv yagerageje
kuvugisha Juvenal wikomwa n’umuryango we ntiyashaka kutuvugisha. Ikifuzo cy’umuryango
ngo ni uko ubuyobozi bwabarenganura bagahabwa isambu yabo bakayihinga nk’uko
bari basanzwe bayihinga.
Umunyamakuru wa B PLUS
TV yageregeje kuvugisha umuyobozi w’umurenge wa Bushenge ku murongo wa telephone
ariko ntibyakunda ngo hamenyekane icyakorwa kuri iki kibazo.