• Amakuru / MU-RWANDA


Inzego z'umutekano ubwo zari mu kazi ko gucunga umutekano zahawe amakuru n'abaturage ko mu mudugudu wa Nyange, akagali ka Ngiryi, umurenge wa Jabana mu karere ka Gasabo hari umushoferi utwara imodoka wibwe  igikapu kirimo amafaranga.

Inzego z'umutekano zakurikiranye abo bajura bageze ku nzu bihishemo, umwe mu bajura witwa Twizeyimana Faustin uzwi ku izina rya Cyaruhogo asohokana umupanga awutemesha umwe mu bashinzwe umutekano amukomeretsa ku maboko yombi, mugenzi we bari kumwe ahita amurasa arapfa.

Hashakishijwe abandi bakoranaga na we hafatwa bane,  inzu yaratuyemo yasatswe hafatirwamo udupfunyika 190 tw'urumogi.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire yatangaje ko Iperereza rikomeje kugira ngo abakekwa bose bafatwe ndetse hagaruzwe n'amafaranga yibwe.

Umwe mu baturage yatangaje ko kiriya gisambo kimaze kwicwa abaturanyi bakishimye hejuru ngo kuko cyari ruharwa."


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments