• Amakuru / MU-RWANDA

Ku gicamunsi cyo ku wa mbere  tariki ya 26 Mutarama 2025 ku cyicaro  gikuru cya Kompanyi itwara abantu  ya  Volcano Express ahazi nko  mu nkundamahoro ahabereye  ikimeze nk’imyigaragambyo  y’abakozi  ndetse n’abahoze  ari abakozi b’iyo Kompanyi  bishyuzaga ibirarane by’Imishara  yabo igiye kumara hafi amezi  umunani badahebwa ahubwo bagakomeza kubaburabuza .

Ubwo  umunyamakuru wa BTN RWANDA  yageraga aho ku kicaro  yaganiriye na bamwe  muri baje  kwishyuza ibirarane byabo maze bamutangariza  ingaruka  kubura iyo mishahara bimaze  kubagiraho mu miryango yabo .

Bamwe mubo twaganiriye bagize bati  dufite  ibibazo bitandukanye  harimo kuburara, Kubwirira ndetse  n’abana kuva  mu mashuri utibagiwe kwirukanwa  mu mazu  nabanyirayo  ibi bikaba aribyo byabazinduriye  kwishyuza .

Umushoferi  utashatse ko amazina ye  atangazwa yadutangarije ko  amaze  amezi umunani ategereje  umushara  we ariko bahora bamuha itariki ngo azaze ariko bigafata  igihe  kugeza nubu akaba asaba ubugenzuzi bw’umurimo  mu mujyi wa Kigali ndetse na Minisiteri  y’abakozi n’umurimo kubarengabura  kuko bimaze gukabya .

Ubwo  twageragezaga  kuvugana n’Ubuyobozi  bwa Volcano Express Ltd  mu majwi arimo ubwishongore bwinshi umwe mu bakozi bayo yabwiraga  umunyamakuru nabi amutera ubwoba  ko iyo nkuru nisohoka biraza  gufata indi ntera kugeza nubu abo bakozi nta  gisubizo  barabona kugeza natwe turacyashakisha abayobozi ba Volcano Express kugira batubwire aho  icyo kibazo kigeze 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments