• Amakuru / MU-RWANDA


Urwego rw’ubugenzacyaha ishami rya Mayange mu karere ka Bugesera rwataye muri yombi Nsengiyumva  Ezechiel ufite imyaka 35 akekwaho kwicisha inyundo umugore we Mukampozayo.

Nyuma yo gukubitwa inyundo mu mutwe uyu Mukampozayo wari utwite inda nkuru yajyanywe kwa Muganga kugira ngo bareba niba yatabarwa cyangwa urwo ruhinja yari atwite rugatabarwa ariko birangira bombi baguye kwa muganga.

Nsengiyumva Ezechiel yari amaranye imyaka 10 n'umugore we Mukampozayo Donathille ufite imyaka 37 babanaga bitemewe n' amategeko. Bivugwa ko makimbirane hagati y’aba bombi yatangiye tariki 26/08/2025 ubwo yamenyaga umugore we ko amuca inyuma agasohokana n' Umugabo w'umuturanyi wabo witwa Rusanga Celestin.

Abaturage bavuga ko Nsengiyumva yahozaga umugore we ku nkeke yitwaza ko buri wa gatandatu umugore wa Rusanga (umuturanyi we) aba yagiye mu isabato naho Nsengiyumva nawe akaba yagiye mu kazi ko kwikorera imizigo agakeka ko umugore asigarana n’umuturanyi we bamuca inyuma.

Abaturage B Plus TV yasanze ahabereye ibi byago bavuga ko bavuga mu masaha ya Saa cyenda Umugabo yari yaje Mayange ahunga umugore, aho atahiye saa kumi n' igice ageze mu rugo atongana numugore we  afata inyundo ayimukubita mu mutwe inshuro eshatu.

Abaturanyi ba Mukampozayo bavuga yari inyangamugayo k’uburyo bahamya ko atacaga inyuma umugabo we ahubwo ko aya makimbirane aturuka ku ifuhe rikabije ry’umugabo we.

Kugeza ubu Nsengiyumva ukekwaho kwica umugore we acumbikiwe kuri station ya Mayange kugira ngo ashyikirizwe RIB Station ya Nyamata Naho uwakubiswe yitabye Imana aguye mu bitaro bya Kanombe. 


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments