• Amakuru / MU-RWANDA


Gisagara Umugore witwa NYIRANEZA Lea utuye mu mudugudu wa Ruhuha Akagari ka Gakoma umurenge wa Mamba akarere ka Gisagara aratabaza nyuma yo gutegerwa mu nzira n’amabandi yigize ibihazi akamuhohotera (Kumusambanya, kumukubita no kumwambura ibyo yari afite) taliki 15 Mutarama 2026 atashye avuye mu Isantere ya Ruhuha, ariko nyuma y’uko bamusize ahabi ababikoze bakaba bakidegembya.

Uyu mubyeyi NYIRANEZA Lea utuye mu mudugudu wa Ruhuha Akagari ka Gakoma umurenge wa Mamba akarere ka Gisagara, Bplus Tv imusanze mu rugo iwe ari gutoranyiriza ibishyimbo ku mbuga, mu ntege nke afite magingo avuga ko bituruka ku kuba taliki 15 Mutarama 2026 ubwo yaratashye avuye mu Isantere ya Ruhuha, maze ategerwa mu nzira n’amabandi yigize ibihazi aramuhohotera ibirimo (kumukubita, kumwambura ibyo yari afite n’ibindi) aho anagaruka ku mazina y’ababikoze.

Ibi byatumye Bplus Tv yegera bamwe mu baturanyi b’uyu mubyeyi bayibwira ko  ari ibintu bibabaje kugira ngo abantu bahohotere umubyeyi kugeza ubwo bisabye kujya kwa muganga n’ubundi nk’uko bigaragara mu mpapuro zo kwa Muganga Bplus Tv ifitiye Copy, bikabatera inkeke aho ngo abashyirwa mu majwi kuri ibi bikorwa bigayitse na n’ubu bakidegembya mbese ameze nk’uwatereranywe n’ubuyobozi.

NYIRANEZA Lea n’abaturanyi be bahuriza ku cyifuzo cy’uko yahabwa ubutabera bitewe n’uko ubwo twe twahageraga ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ngo ntacyo zari zakamufashije, ndetse afite impungenge ko byazinzikwa abakekwaho kwihisha inyuma y’ibi byaha ntibabibazwe cyangwa ngo bahanwe mu gihe byaba bibahamye.

Epaphrodite Nyabyenda Umuyobozi w’umudugudu wa Ruhuha ahakana iby’uko iki kibazo atagikurikiranye, ahubwo akemeza ko yagikurikiranye ngo agasanga abo uyu mubyeyi ashyira mu majwi ko bamuhohoteye bo babihakana ndetse ko batigeze bahura nawe. Nyabyenda Asoza agaya imyitwarire itari myiza y’uyu mubyeyi.

Umuvugizi wa Police y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo CIP Hassan Kamanzi, avuga ko ikibazo cy’uyu mubyeyi bakimenye ndetse yanahawe ubutabazi bw’ibanze ajyanwa kwa Muganga. Yongeraho ko n’iperereza rigikomeje ngo hamenyekane ababa bihishe inyuma y’ibi bikorwa bigayitse bakurikiranwe n’inzego z’ubutabera.

Uyu mubyeyi Lea usaba ubutabera afite abana bane n’umugabo aho ngo kugeza magingo aya ntarasobanukirwa impamvu abo ashyira mu majwi ko bamuhohoteye bakidegembya ndetse akabihuriraho n’abaturanyi be.

Indi mpamvu nyamukuru basaba ko iki kibazo cyakwitabwaho kigakemuka uyu mubyeyi agahabwa ubutabera, ni iy’uko ngo byafasha gukumira ibindi byaha nk’ibi bitaraba kuko bishoboka ko abantu babiburiramo n’ubuzima.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments