• Amakuru / MU-RWANDA


Mu karere ka Rusizi, mu murenge wa Kamembe mu kagali ka Kamashangi ku isaha y’isaa munani nibwo hamenyekanye inkuru y’uko inzu ya Bizuru Jerome yafashwe n’inkongi y’umuriro gusa abaturanyi bihutira gutabara bavuga ko iyi nkongi yatewe n’umuriro w’amashanyarazi kuko Jerome ndetse n’umufasha we batari bari mu rugo mu Jerome avuga ko ntakintu na kimwe baramuye mu nzu kuko basanze byose byahiye byakongotse. 

Jerome avuga ko arebye agaciro k’ibyahiriye mu nzu Kangana na million 20fr. Abaturanyi basabira Jerome ko ubuyobozi bwagira icyo bumufasha bitewe nuko ntacyo yasigaranye byose kuko byahiriye mu nzu.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa kamembe ingabire Joyeux ahamya iby’aya makuru avuga ko iyi nkongi yabaye kandi nta kintu barokoye mu nzu gusa akavuga ko nk’ubuyobozi bari gufasha Jerome gushaka aho we n’umuryango we baba bacumbitse.

Hashinze iminsi hirya no hino mu gihugu humvikana inkuru z’inzu zifatwa n’inkongi y’umuriro zigatikiriramo byinshi bitewe n’umuriro w’amashanyarazi nk’uko abaturage babivuga bagatanga urugero nko muri aka kagari ka Kamashangi mu murenge wa Kamembe hamaze gushya inzu 2 mu cyumweru Kimwe.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments