• Amakuru / MU-RWANDA


Umunyamakuru Uwera Jean Maurice yagizwe Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda nk’uko byatangajwe mu myanzuro y’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Mutarama 2026. 

Uwera asimbuye Alain Mukuralinda witabye  Imana muri Mata 2025 ku myaka 55 azize uburwayi bwo guhagarara k’umutima, mu nshingano na we yatangiye mu mwaka wa 2021. 

Uwera ahawe inshingano nshya mu gihe  yari asanzwe ari Umunyamakuru wa SK FM yagiyeho avuye kuri Televiziyo y’u Rwanda.

Afite ubunararibonye bw’imyaka irenga 14 mu itangazamakuru n’itumanaho, aho anasobanukiwe bidasanzwe imiterere y’itangazaamakuru ryo mu Rwanda, amakuru abaturage bakeneye ndetse n’imikorere ya Guverinoma. 

Yatangiye umwuga w’itangazamakuru mu mwaka wa 2011 ubwo yari ashinzwe amakuru kuri Flash FM na Televiziyo, akaba yaranakoze igihe mu rwego rwo kwakira abantu mbere yo kwinjira mu itangazamakuru.

Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza yakuye muri Kaminuza Gatolika ya Kabgayi. 

Soma imyanzuro yose:

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments