• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Urukiko rwo mu Bushinwa rwakatiye igihano cy’urupfu abantu 11 bo mu muryango uzwi cyane w’abanyabyaha, wagize uruhare mu gukoresha no kuyobora ibigo by’ubwambuzi byari muri Myanmar, nk’uko byatangajwe n’itangazamakuru rya Leta y’u Bushinwa.

Abagize uwo muryango, uzwi nka Ming family, bari mu miryango myinshi yakoraga ibikorwa by’ubugizi bwa nabi birimo ubwambuzi bw’amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga, aho abantu benshi babashukaga binyuze kuri internet no ku mbuga zitandukanye z’itumanaho.

Amakuru aturuka mu nkiko avuga ko abandi benshi bo muri uwo muryango bahamijwe ibyaha bitandukanye, bakatirwa igifungo kirekire, bitewe n’uruhare bagize mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Uwo muryango wakoraga mu izina rimwe mu miryango ine ikomeye yagenzuraga umujyi wa Laukkaing muri Myanmar, hafi y’umupaka uhuza icyo gihugu n’u Bushinwa. Uwo mujyi wahoze utuje wahinduwe igicumbi cy’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, gukina urusimbi no gukoresha murandasi byibasira abantu batandukanye ku Isi.

Benshi mu bagize iyo miryango batawe muri yombi mu mwaka wa 2023, nyuma y’uko ingabo z’icyo  gihugu zifashe ako gace, maze bagashyikirizwa ubuyobozi bw’u Bushinwa kugira ngo bakurikiranwe n’amategeko.

Nkuko tubikesha  CCTV, radiyo na televiziyo ya Leta y’u Bushinwa, amakuru avuga ko abantu 39 bo mu muryango wa Ming bakatiwe ibihano bitandukanye ku wa Mbere, mu mujyi wa Wenzhou uherereye mu burasirazuba bw’u Bushinwa.

Muri abo, abantu 11 bakatiwe igihano cy’urupfu, mu gihe abandi batanu bahawe igihano cy’urupfu ariko gihagaritswe imyaka ibiri, gishobora guhinduka igifungo cya burundu bitewe n’imyitwarire yabo. Abandi 11 bakatiwe igifungo cya burundu, mu gihe abasigaye bahawe ibihano by’igifungo biri hagati y’imyaka itanu na 24.

Urukiko rwasanze kuva mu mwaka wa 2015, umuryango wa Ming ufatanyije n’andi matsinda y’abanyabyaha baragize uruhare mu byaha bikomeye, birimo uburiganya bukoresheje itumanaho (telecommunications fraud), gukina urusimbi mu buryo butemewe, icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, ndetse n’ubusambanyi bw’ubucuruzi (prostitution).

Urukiko rwavuze ko ibikorwa by’urusimbi n’ubwambuzi (scams) byakorwaga n’iyo miryango byinjije asaga miliyari 10 z’ama-yuan (angana na miliyari 1.4 z’amadolari ya Amerika), amafaranga afatwa nk’ayinjijwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Abasesenguzi n’abandi bari barakoze igenzura ryigenga bagaragaje mbere ko casino za buri muryango muri iyo ine zashoboraga gutunganya miliyari nyinshi z’amadolari buri mwaka, bigaragaza ubukana n’ubunini bw’iyo mikorere y’ubugizi bwa nabi.

Urukiko kandi rwasanze umuryango wa Ming n’andi matsinda y’abanyabyaha baragize uruhare mu rupfu rw’abakozi bamwe bakoraga muri za scam centres, aho harimo n’aho abakozi barashwe mu rwego rwo kubabuza gusubira mu Bushinwa.

Uru rubanza rwafashwe  nk’urugero rukomeye rw’icyemezo cya Leta y’u Bushinwa cyo guhana bikomeye ibyaha byambukiranya imipaka, cyane cyane ibyifashisha ikoranabuhanga, urusimbi n’ibiyobyabwenge.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments