• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Saïf al-Islam Kadhafi, w’imyaka 53, wamaze igihe kinini afatwa nk’uzasimbura se mu bya politiki mbere y’ihirikwa ry’ubutegetsi bwa se Mouammar Kadhafi mu 2011, yishwe ku wa kabiri tariki ya 4 Gashyantare i Zintan, mu burengerazuba bwa Libiya.

Nk’uko byatangajwe n’umwunganizi we w’Umufaransa, Marcel Ceccaldi, Saïf al-Islam yishwe ahagana saa munani z’amanywa ku isaha yo muri Libiya, “ari mu rugo iwe, n’itsinda ry’abantu bane.” Abagabo bitwaje intwaro bataramenyekana ngo babanje guhagarika kamera z’umutekano, nyuma bagatera inzu yari atuyemo bakamwica, nk’uko bivugwa n’amasoko ya hafi y’abo bari bamuzi.

Saïf al-Islam Kadhafi yashakishwaga n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (CPI) ashinjwa ibyaha byibasiye inyokomuntu byakozwe mu gihe cyo guhosha imyigaragambyo yo mu 2011.

 Muri uwo mwaka yafatiwe mu majyepfo ya Libiya, ajyanwa gufungirwa i Zintan. Mu 2015 yakatiwe igihano cy’urupfu nyuma y’urubanza rwanenzwe cyane, ariko nyuma aza kugirirwa imbabazi. Kuva icyo gihe, aho yari aherereye ntihigeze hamenyekana neza: “Yahoraga yimuka,” nk’uko byemejwe n’umwunganizi we, wavuze ko hari “intege nke mu mutekano” zari zatangajwe hashize iminsi igera ku icumi mbere y’urupfu rwe.

Yize mu bihugu by’i Burayi n’Amerika kandi mbere ya 2011 yifuzaga kwiyubakira isura y’umuntu ushaka impinduka, Saïf al-Islam yaje guta icyizere cy’abamurebaga neza ubwo yatangazaga amagambo akangisha abigaragambyaga “kwibona mu maraso menshi” mu ntangiriro z’ubwigomeke.

Mu 2021, yagerageje kugaruka mu ruhando rwa politiki atangaza kandidatire ye mu matora y’umukuru w’igihugu, yiringira inkunga y’abifuzaga kugarura ubutegetsi bwa kera. Icyakora ayo matora yaje guteshwa agaciro, mu gihugu kigikomeje kubangamirwa n’amacakubiri.

Ku mpuguke zitandukanye, urupfu rwe rushobora kumugira ikimenyetso cy’ubutwari (martyr) ku gice cy’abaturage, mu gihe kandi rukuraho umukinnyi wa politiki wari uhanganye kandi utavugwaho rumwe. Moussa Ibrahim, wahoze ari umuvugizi w’ubutegetsi bwa Kadhafi, yamaganye ubu bwicanyi abwita “ubwicanyi  burimou bugambanyi,” avuga ko Saïf al-Islam yifuzaga “Libiya imwe, yigenga kandi yunze ubumwe.”

Hashize imyaka 14 Mouammar Kadhafi ahiritswe ku butegetsi, Libiya iracyari mu bihe bikomeye by’umutekano muke. Hari ubutegetsi bubiri buhanganye: guverinoma y’ubumwe bw’igihugu ifite icyicaro i Tripoli, yemewe n’Umuryango w’Abibumbye, n’ubuyobozi bubangikanye buri i Benghazi, bushyigikiwe na Marshal Khalifa Haftar.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments