• Amakuru / MU-RWANDA


Abaturage bakoze igisa n'imyigaragambyo basaba ko bahabwa umurambo wa NYUZAHAYO Samuel, bikekwa ko yishwe n'umuhungu we nyuma y’uko ibitaro bitanze umurambo ukajyanwa kuri uwo muhungu we ukekwaho ku mwivugana.

Ni nyuma y’uko mu gitondo cyo kuwa 02/02/2026 ubuyobozi bw’umudugudu wa Sovu utanze amakuru ko uwitwa NYUZAHAYO Samuel ufite imyaka  82 wari utuye mu mudugudu wa Sovu mu kagali ka Gafunzo mu murenge wa Sake yapfuye mu rukerera ahagana saa 3:00 z'ijoro aguye ku kigo nderabuzima cya Rukoma-Sake, mu gihe uyu nyakwigendera ku munsi w'ejo hashize ku wa 01/02/2026 yari yiriwe ari muzima nta kibazo afite bigera amasaha y'umugoroba ku isaha ya saa tatu amaze kurya mu rugo rw'umuhungu we witwa NKEZABERA Damien,  nyuma ngo ni bwo yatangiye kuruka no gucibwamo ataka no mu nda, umuryango we ufata icyemezo cyo kumujyana kwa muganga. Ahagana mu rukerera akaba aribwo haje kuvamo urupfu rwa nyakwigendera aguye kwa muganga.

Ni urupfu rutavugwaho rumwe mu bagize umuryango we kuko bavuga ko aho yariye ku mugoroba baba baramuhumanyije bikamuviramo urupfu.

Uyu nyakwigendera ni bwo yari agifungurwa kuko yatashye kuwa 28/01/2026, akaba yari amaze imyaka 30 muri Gereza. Yaje asanga mu bana be amakimbirane ashingiye ku mitungo y'ubutaka yabasigiye nk'uko babivuga.

Nyuma y’ibyo byago Ubuyobozi bw'inzego z'ibanze, Police, RIB na DASSO, bagiye yo mu muryango, umurambo ujyanwa ku Bitaro gukorerwa isuzumwa, kugirango iperereza rikomeze hamenyekane icyateye urwo rupfu.

Kugeza ubu umuryango wafashe icyemezo cyo gushyingura umurambo Nyuzahayo n’ubwo byabanje guteza imvururu abaturage basaba atashyingurwa n’uwo bavuga ko yagize uruhare mu rupfu rwe.



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments