• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

 Ubuyobozi bw’umujyi wa Kisangani  bwasabye abaturage gutuza nyuma y’ibitero bya drones byagabwe ku kibuga cy’indege cya Kisangani, mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Ikibuga cy’indege cya Kisangani, gifite akamaro kanini mu by’umutekano no mu bwikorezi, cyibasiwe n’ibitero bya drones muri iyi mpera z’icyumweru. Nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’aho, drones umunani z’abanzi zashoboye gusenywa mbere y’uko zigera ku ntego zazo. Nta muntu wapfuye cyangwa wakomeretse, ariko ibi bitero byateye ubwoba bukomeye mu baturage, bamwe bahunga inzu zabo nyuma yo kumva guturika kwagejeje ahagana saa munani z’ijoro ryo ku Cyumweru.

Guverinoma y’intara ya Tshop  ishinja umutwe witwaje intwaro wa M23 hamwe n’umufatanyabikorwa wayo, u Rwanda, kuba inyuma y’ibi bitero. Kisangani n’umujyi utuwe n’abaturage barenga miliyoni imwe n’igice, ushingira cyane ku kibuga cy’indege bitewe no kuba  imihanda yo muri  uwo mugi idakoze  neza.

Iki kibuga kandi gikoreshwa n’ingabo za RDC mu bikorwa bya gisirikare bigamije guhangana na M23 n’ingabo z’u Rwanda, zibarizwa mu ntera irenga kilometero 400 uvuye aho.

Umutekano wakajijwe cyane hafi y’ikibuga cy’indege, mu gihe abayobozi basabye abaturage gutuza, bashimangira ko ibintu biri kugenzurwa kandi ko umutekano wifashe neza. Iki gitero kije mu gihe hakomeje umwuka mubi mu burasirazuba bwa RDC, aho umutwe wa M23, uvugwaho gushyigikirwa n’u Rwanda, umaze imyaka myinshi ugaba ibitero, bikarushaho gukaza ikibazo cy’ubutabazi kimaze kuba kibi cyane

Nyuma yaho ubuyobozi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeje gushinja  umutwe  wa AFC/M23  n’u Rwanda  kubagabo ibitero bakoresheje Drone ,Umuyobozi  wuwo  mutwe Bertrand Bisimwa, abinyujije mu butumwa yashyize ku rukuta rwe rwa X , aho yagaragaje impungenge zikomeye kubyo yise ibikorwa byo kwica abantu bikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Yagize ati: “Ntibyemewe na gato ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeza kwishimira kwica abantu mu bice twabohoye bukoresheje indege za gisirikare, yaba drone cyangwa Sukhoi.

Niba iri terabwoba rikomeje kwibasira abaturage bo mu bice twabohoye, ibyo bikoresho by’urupfu bizarimburirwa aho bituruka.”

AFC/M23 ivuga ko uyu mwanzuro ufashwe mu gihe, kuva mu cyumweru gishize, indege nini n’utudege tutagira abapilote (drone) bya FARDC bikomeje kwifashishwa mu kugaba ibitero byo mu kirere mu gice cy’imisozi miremire yo muri Teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments