• Imikino / FOOTBALL

Mu gihe ikipe ya Mukura V&L yatanze ubujurira bwayo muri FERWAFA,  isaba kurenganurwa ku mukinnyi wayo Ishimwe Abdoul, uyu mukinnyi yamaze gutangazwa nk'umukinnyi mushya wa APR FC.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu taliki ya 04 Gashyantare 2026, nibwo ikipe ya APR FC yemeje ko yasinyishije myugariro Ishimwe Abdoul wakiniraga Mukura V&L,  uyu mukinnyi imutangaje amasaha macye ikipe ya Mukura V&L nayo itanze ubujurire bwayo muri FERWAFA,  nyuma yaho yari yatsinzwe urubanza , yari yarezemo Intare FC.


APR FC yatangaje Ishimwe Abdoul nk'umukinnyi wayo 

Ishimwe Abdoul yaguzwe na Mukura V&L mu Intare FC,  ariko Mukura V&L ntiyabasha kwishyurira igihe amafaranga bari bumvikanye, ubwo Niyigena Clement yashakaga kujya mu ikipe ya Al Hilal,  APR FC yashatse Ishimwe Abdoul , isaba Intare FC,  kumuhamagara bwangu ikamukura muri Mukura V&L akaza muri APR FC .
Ikipe ya Intere yasabye Abdoul gusesa amasezerano na Mukura V&L,  ndetse babimenyesha iyi kipe, kuva ubwo uyu musore yahise ahagarika imyitozo muri Mukura V&L , ikipe ya Mukura V&L yahise itanga ikirego muri FERWAFA , gusa iratsindwa, kuwa kabiri taliki ya 03 Gashyantare, iyi kipe yarajuriye ariko umunsi ukurikiyeho ikipe ya APR FC ihita itangaza uyu musore nk'umukinnyi wayo.


Ishimwe Abdoul yatangajwe na APR FC nyamara ikibazo cye kikiri muri FERWAFA 

Uru ni urubanza rukomeje hagati ya Mukura V&L na Intare FC,  gusa uyu musore we agomba gutangira akazi muri APR FC, si ubwa mbere Intare na Mukura V&L bagiranye ibibazo , kuko umwaka ushize w'imikino iyi kipe yasinyishije Ishimwe  Jean Rene , wari usoje amasezerano muri Marine FC,  gusa Intare FC ivuga ko yasinye muburyo budakurikije amategeko, ariko nabwo byatewe nuko APR FC yamushakaga ,nubwo uyu musore atahiriwe mu ikipe y'ingabo z'igihugu.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments