Umuhanzi
David Adeleke wakunzwe
cyane nka Davido yahishuye uko
atagikunda kujya kwishimishiriza mu
tubyiniro nyuma yo gushyingirwa n’umukunzi
we Chioma Adeleke
Ibi Davido
yabitangarije mu kiganiro The Long Form Podcast yavuze ko ubu
uyu munsi asigaye kumara igihe
kinini ari mu rugo n’umuryango we
cyangwa akab ari kuvugana n’umugore
bonyuze kuri Face Time mu gihe
ari mu rugendo rwo hanze y’igihugu aho
kujya kwishimisha mu nzu z’Imyidagaduro.
Yagize ati
gukundwa cyane nkiri muto,kugira
ubwisanzure ,Imbaraga nyinshi n’amafaranga byari ibintu
ntitonderaga kuko najyaga mu
tubyiniro buri munsi.
Yakomeje agira
agira ati” muri iki gihe
sinkisohokera mu tubyiniro
cyangwa inzu z’imyidagaduro na gatoya
.maze amezi abiri muri Nigeria singeze
nsohoka hanze y’urugo rwanjye .
Gusa ndishimye
cyane kuko amasaha menshi yanjye nsigaye nyamara muri Studio n’abo dukora nkatuma umutetsi w’umuhanga
akatwokereza inyama n’andi mafunguro
atandukanye tugakor akazi
tugasangira kugeza hagati ya saa cyenda
z’ijo na Saa Kumi tukajya kuruhuka
Davido kandi
yavuze ko kutajya mu tubyiniro bitakuyeho ko akomeza kujya mu bitaramo yatumiwe cyangwa indi mihango isanzwe yabo bakorana .
Yasoje avuga
ko ubu aha agaciro kenshi gusinzira no kumarana igihe kinini n'umuryango we kurusha
kujya kwishimisha mu tubyiniro
Like This Post? Related Posts