Mu gitondo
cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 04 Gashyantare 2026 nibwo Umugangamuziki ukunzwe cyane hano mu Rwanda Shema Arnold uzwi nka Dj
Toxxyk yaburanye mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ku bujurire bw’umwanzuro wo gufungwa iminsi
30 y’agateganyo.
Ahagana kw’isaha ya Saa tatu n’igice nibwo Dj Toxxyk n’abandi
bagororwa bari bageze ku rukiko aho
yagaragaye yambaye imyenda isanzwe y’abagororwa
bo mu Rwanda ifite ibara ry’iroza ndetse n’amadosiye yiwe ariko wagaragara nk’umuntu udashaka gufotorwa
ubwo yavaga mu modoka
Urukiko rw'ibanze rwa Nyarugenge rwamukatiye iminsi 30 yo gufungwa by’agateganyo ku wa 21 Mutarama 2026.b nyuma yo gusanga hari impamvu zikomeye zituma acyekwaho icyaha.
Urukiko rw'ibanze rwa Nyarugenge rwasanze kuba Dj Toxxyk yarireguye avuga ko ku cyaha acyekwaho cyo gukoresha ibiyobyabwenge yaragihakanye ndetse akavuga ko atabikoresha, ndetse akavuga ko mu bushinjacyaha atabyemeje, ari amaburakindi imbere y'urukiko kuko mu bugenzacyaha yabisinyiye ko abikoresha, agasobanura uko abikoresha n'igihe yatangiye kubikoreshereza.
Ku cyaha cyo
guhunga nyuma yo guteza impanuka, urukiko rw'ibanze rwa Nyarugenge rwemeje ko
hari impamvu zikomeye zo gutuma afungwa iminsi 30 y'agateganyo kuko Akarere
yakoreyemo impanuka atari ko yafatiwemo ndetse ko atigeze yitanga.
Ku cyaha
cy'ubwicanyi budaturutse ku bushake, Dj Toxxyk aracyemera ndetse agasobanura
uko byagenze.
Ku cyaha cyo
kwanga gupimwa 'alcohol', urukiko rwasanze kuba hari amashusho amugaragaza ari
mu kabari bitakwemezwa ko yakoresheje ibiyobyabwenge kereka habonetse ibindi
bimenyetso bibigaragaza.
Kuri uyu wa
04 Gashyantare 2026, yaburanye asaba ko icyemezo cy'urukiko rw'ibanze cyateshwa
agaciro hanyuma akarekurwa kuko atemeranya na raporo y'umudugudu yatanzwe kuko
yakozwe we ari muri gereza ndetse ntiyanayisoma.
Ikindi ashingiraho ni uko icyaha cy'ubwicanyi budaturutse ku bushake cyatewe nuko yakoze impanuka kandi itavuye ku bushake bwe.
Toxxyk
yavuze ko yapimwe ibiyobyabwenge inshuro 3 ariko atigeze abona ibisubizo bityo
atafungirwa icyo cyagha kuko hatagaragazwa ibimenyetso by'uko akoresha
ibiyobyabwenge.
Yongeraho ko
afite umwana mu rugo yitagaho bityo ashaka ko yafungurwa agakurikiranwa ari
hanze akabona uko yita kuri uwo mwana ndetse n'ababyeyi be batuye mu Bubirigi
barwaye
Umwunganizi
we mu mategeko avuga ko bemera icyaha cy'ubwicanyi budaturutse ku bushake
bivuga ko nta mananiza ari gushyira ku rukiko kuko asobanura ko ari impanuka
ikomeye yakozwe igahitana umuntu.
Yongeyeho ko
mu gushyiraho amategeko, batekereje kuri icyo cyaha bashyiraho igihano
cy'amande n'igifungo ikindi ubushinjacyaha ntabwo bwigeze bugaragaza ko hari
irindi perereza bagiye gukora ku buryo yaba afunze.
Umwunganizi
we mu mategeko yabwiye urukiko ko umuryango wa Toxxyk wasuye umuryango wa
nyakwigendera hanyuma basaba imbabazi ndetse babasobanurira uko icyaha cyabaye
hanyuma umuryango wa nyakwigendera utanga imbabazi.
Uyu
mwunganizi yongeye gushimangira ko buri wese ufite umutima wa kimuntu yakumva
ko kuba yaragonze ari ubwa mbere, yagira ubwoba akava ahabereye icyaha.
Ati:
"Buri wese ufite umutima wa kimuntu wabyumva. Birumvikana ko batamusanze
aho icyaha cyabereye ariko yari yabaye 'traumatize' ava ahabereye icyaha."
Ku cyaha cyo
gukoresha ibiyobyabwenge, yavuze ko mu ibazwa rye hirengagijwe ingingo ya 29
y'itegeko nshinga, akaba yarimwe uburenganzira bwo kubazwa yishingiwe (afite
abunganganizi mu mategeko).
Uyu
mwunganizi avuga ko isakwa ryabaye ridakurikije amategeko nk'uko biteganywa
n'ingingo ya 55 ndetse nyuma batanga raporo ivuga ko bahasanze urumogi kandi
nta laboratwari n'imwe bagaragaza ko yasinye kuri iyo raporo ibyemeza ko ibyo
bafashe ari urumogi.
Umwuganizi
wa Toxxyk wa kabiri avuga ko raporo y'umukuru w'umudugudu atari ukuri kuko ari
we wanditse ko basanze kwa Toxxyk amagarama abiri y’urumogi
Avuga ko
bitumvikana ukuntu umukuru w'umudugudu amenya amoko y'urumogi. Ati: "Niba
umukuru w'umudugudu afite laboratwari, byaba ari ukuri."
Yongeye
kunga mu ijambo rya Maitre wa mbere ko iri saka ryabaye ridakurikije amategeko
bityo rikwiye guteshwa agaciro. Ati: "Afitwe n'inzego z'umutekano, nizo
zimubaza, nizo zimusatse, hanyuma bati 'Sinya aha ngaha'."
Ubushinjacyaha
bwo buvuga ko ibyaha Toxxyk akurikiranyweho uko ari 3, hari ibimenyetso by'uko
yishe umuntu bidaturutse ku bushake kandi umushingamategeko yarashyizeho ko
igihano cy'igifungo kigera ku myaka 2 batabyirengagiza kandi akaba yarishe
umuntu uri mu mutekano wo mu muhanda.
Yongeye
kuvuga ko CC TV Camera zigaragaza ko yari yanyoye ibisindisha, ari mu rukerera
ataryamye, agasanga ibyo byose ari impamvu zikomeye zongerera ubukana iki
cyaha.
Ku guhunga
amaze gukora icyaha, Ubuhsinjacyaha bugaragaza ko mu ibazwa rye yabanje guca
iwe, ajya ku Gisozi ari kumwe n'abandi bantu hanyuma bamugira inama yo kujya
Uganda ariko we ajya ku kibuye.
Bugaragaza ko nta nama atari kugirwa n'abo yabanje gucaho ku Gisozi, akagira ubwenge bwo gushaka umutwara mu modoka ajya ku Kibuye, atari ubwoba ahubwo byari ugushaka gucika.
Ubugenzacyaha
bwabajije Dj Toxxyk niba abazwa yunganiwe cyangwa yisubiriza, yemera
kwisubiriza kandi batari kumuhatira gushaka umwunganira batazi ko afite
ubushobozi bwo kumwishyura.
Ku bijyanye
n’ibiyobyabwenge, bavuga ko basanze iwe kandi nta bantu babana nubwo avuga ko
hari abantu benshi bagendayo ariko uru rubanza atari mu mizi ngo bavuge byose.
Kubyo kuba
afite umwana n'ababyeyi barwaye, umushinjacyaha yavuze ko kuba afite umwana
n'abandi bose bafunze bafite abana kandi ko gukora icyaha bitatuma udahanwa
kubera ko afite umwana.
Umwuganizi
wa Toxxyk yasubije umushinjacyaha ko trauma ntaho itakujyana. Ati
"Niba ubushinjacyaha bwemera ko yari afite ubwoba, kubera iki bivuguruza?
Ushobora kugira trauma ikakujyana Kicukiro, ikagukurayo ikujyana ku Gisozi
ikanakujyana Karongi."
Mbere yo
gupfundikira urukiko, mucamanza yabajije ubushinjacyaha yabajije umwuganizi wa
Dj Toxxyk icyo batemera kuri raporo y'isaka avuga ko muri raporo handitsemo ko
yasatswe ku wa 21 Ukuboza 2025 kandi yarasatswe ku wa 22 Ukuboza 2025.
Umwanzuro
w'urubanza rwa Dj Toxxyk ruzasomwa ku
tariki 09/02/2026 saa cyenda z'amanywa.
Like This Post? Related Posts