Leta Zunze
Ubumwe za Amerika zatangaje zohereje itsinda rito ry’abasirikare bakuru muri
Nigeria.
Nk’uko
byatangajwe n’Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika zishinzwe Afurika (AFRICOM), iki
gikorwa cyakurikiye inama yabaye hagati y’abayobozi ba Amerika na Perezida wa
Nigeria, Bola Tinubu, mu mpera z’umwaka wa 2025. Kigamije gushimangira
ubufatanye mu guhangana n’ikibazo cy’iterabwoba muri Afurika y’Iburengerazuba.”
Mu mezi
ashize, Donald Trump yagaragaje ko afite inyota yo gukurikiranira hafi ibibera
muri Nigeria, by’umwihariko ku bijyanye n’umutekano n’ubwisanzure bw’amadini
muri icyo gihugu.
Perezida wa Amerika yavuze ko abakirisitu
bahohoterwa muri icyo gihugu, amagambo yahakanywe n’abayobozi ba Nigeria
Mu kwezi
k’Ukuboza gushize, Perezida wa Amerika yemereye ingabo z’igihugu cye kugaba ibitero
byo mu kirere mu mugambi wo
kurwanya ibikorwa by’iterabwoba muri Leta ya Sokoto, mu majyaruguru ashyira
uburengerazuba bwa Nigeria.
Nyuma y’ibyo
biteroTrump yongeyeho ko hari n’ibindi bikorwa bya gisirikare bya Amerika
bishobora gukurikiraho muri Nigeria.
Kuva icyo
gihe, Nigeria yashyizwe ku rutonde rw’ibihugu bifatwa nk’“ibiteye impungenge
zikomeye,” urutonde rushyirwaho ibihugu bishinjwa guhonyora ubwisanzure
bw’amadini bitewe n’imitwe y’iterabwoba igendera ku mahame ya kisilamu ihora
ishimuta abagize idini y’abakirisitu mu bice bitandukanye by’icyo gihugu .
Icyakora,
ihohoterwa rikomeje kwibasira Nigeria ni ikibazo gifatika kandi kigira ingaruka
ku baturage bose muri rusange, hatitawe ku idini.
Mu myaka
igera kuri 20 ishize, Nigeria ibangamiwe n’ibitero by’imitwe yitwaje intwaro irimo Boko
Haram n’umutwe wiyita uwa Leta ya Kisilamu muri Afurika y’Iburengerazuba
(ISWAP).
Like This Post? Related Posts