Abagabo batatu bo mu kagali ka Kindama mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera birakekwa ko bishwe n’inzoga ivugwaho kuba yari ihumanijwe, aho umwe muribo yahise yitaba Imana nyuma y’iminsi ibiri abandi babiri nabo bagapfa.
Ni inkuru yatangiye
kuvugwa mu mpera z’icyumweru dusoje aho aba
basangiraga inzoga abaturage bavuga ko itujuje ubuziranenge batangiye gufatwa n’ububabare
mu nda birangira umwe ahasize ubuzima.
Ni inkuru yababaje
abaturanyi babo ndetse basaba ko haba iperereza ryimbitse kuri izo mfu kuko
batumva ukuntu abantu batatu bose basangiraga bapfuye kimwe.
Twagerageje kuvugisha ubuyobozi
butandukanye yaba umunyamabanga nshingwa w’uyu murenge wa Ruhuha
ntiyabashije kwitaba telephone.
Iyi nzoga bivugwa yatwaye
ubuzima bw’abantu mu matamatama bamwe bavuga ko ari
kanyanga banyweye ishobora no kuba yari ivangiyemo n’ibirimo sprit bakifuza
ko iperereza
ryakorwa ngo hamenyekane ukuri kwabyo ndetse n’icyoba mu baturage kigashira.