Igisirikare cya Iran kivuga ko kizatera ingabo za Amerika nizinjira mu Muhora wa Hormuz, nyuma y’uko Donald Trump atangaje igikorwa cyo kuyobora no guherekeza amato yaheze mu mazi y’uyu muhora.
Itangazo
ry’ubuyobozi bukuru bw’Ingabo za Iran rivuga ko izagaba ibitero ku “ngabo zose
z’amahanga” zizagerageza kwegera cyangwa kwinjira mu muhora, “cyane cyane
Ingabo za Amerika zabateye”.
Major General Ali Abdollahi
avuga ko Iran “yavuze inshuro nyinshi” ko iyo nzira “igenzurwa” n’Ingabo za
Iran, kandi ko kunyuramo bigomba guhuzwa na yo ibigizemo uruhare “uko ibintu
bimeze kose”.
Iri tangazo ryakwirakwijwe na
radiyo ya Leta ya Iran, IRIB.
Twabibutsa ko Igisirikare cya
Amerika kivuga ko “ibisasu bya misile biyoborwa, indege zirenga 100 ku butaka
no mu nyanja, indege cyangwa amato bitagira abapilote, hamwe n’abasirikare
15.000”, bazaba bari muri iyi Operation yiswe “Project Freedom”.
Ubuyobozi bw’Ingabo za
Amerika buvuga ko butangira igikorwa cya “Project Freedom” kuri uyu wa 4
Gicurasi, hagamijwe kugarura ubwisanzure bw’urujya n’uruza rw’amato y’imizigo
mu Muhora wa Hormuz nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara ku Cyumweru rivuga.