Urwego Mpuzamahanga rwasigariyeho kurangiza imanza z’Inkiko Mpuzamahanga (IRMCT) rwatangaje ko Félicien Kabuga yapfuye kuri uyu wa Gatandatu ari mu bitaro i La Haye mu Buholandi.
Kabuga wari ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, harimo , gushishikariza abantu gukora jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu, yari amaze igihe afungiye mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe gufunga abaregwa.
IRMCT yavuze ko hagiye gukorwa iperereza ryimbitse ku rupfu rwe nk’uko amategeko y’u Buholandi abiteganya.
Kabuga yatawe muri yombi mu Bufaransa mu 2020 nyuma y’imyaka myinshi ashakishwa, urubanza rwe rutangira mu 2022 mbere yo guhagarikwa kubera uburwayi bwatumaga atabasha kuburana.