Perezida
w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, Shema Fabrice yashyizwe
muri komite Nyobozi igize Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru mu karere ka
Afurika y’Uburasirazuba no hagati, CECAFA.
Ku wa
Gatandatu tariki 07 Gashyantare 2026 ni bwo muri Djibouti habereye Imana
y’Inteko Rusange ya CECAFA, yakorewemo ibikorwa bitandukanye birimo gutoza
komite Nyobozi nshya, ingengo y’Imari izakoreshwa muri uyu mwaka n’ingengabihe
y’imikino ya CECAFA.
Perezida wa
FERWAFA, Shema Fabrice ari mu bitabiriye aya matora ndetse yashyizwe mu
bagize komite Nyobozi.
Ni mu gihe
Paulos Weldehaimanot usanzwe uyobora Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru
muri Eritrean yatorewe kuyobora CECAFA mu myaka ine iri imbere akaba yari
we mukandida rukumbi wari kuri uyu mwanya.
Ali Abdi
Mohamed uyobora Ishyirahamwe ry’umupira w'amaguru muri Somalia we yatorewe
kuba Visi Perezida.
CECAFA igizwe n’ibihugu 12 ari byo u Burundi, Djibouti, Ethiopia, Eritrea, u Rwanda, Kenya, Tanzania, Uganda, Somalia, Sudani na Zanzibar.